BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kabuhariwe Lewis Hamilton yavuye mu Rwanda ahita “avuga ko ahakumbuye”

Kabuhariwe Lewis Hamilton yavuye mu Rwanda ahita “avuga ko ahakumbuye”

admin
Last updated: August 13, 2022 9:13 am
admin
Share
SHARE

U Rwanda rukomeje kuba ahantu hakurura abantu benshi bashaka kwiga amateka no gusura ibyiza nyaburanga bitaboneka ahandi ku isi, ingagi zo mu Birunga. Umwongereza Lewis Hamilton ufite inkomoko ku Banyafurika yavuze ko yishimiye gusura u Rwanda, abisaba n’abandi kuza kureba igihugu cyiza.

Lewis Hamilton ari kumwe n’umwe mu bashinzwe kuyobora abakerarugendo mu Birunga

Lewis Hamilton yabanje gusura Namibia nyuma aza mu Rwanda, igihugu avuga ko kimukurura cyane.

Yafashe video arimo ajya gusura ingagi akabona abana akabasuhuza, yandikaho ati “Hello! Mumeze gute? [ashyiraho ibendera ry’u Rwanda n’akamenyetso k’umutima].”

Mu bundi butumwa nabwo buriho amafoto, Lewis Hamilton watwaye inshuro 8 irushanwa ryo gusiganwa ku modoka nto ryitwa Formula 1 ndetse akamara igihe kirekire ari nomero ya mbere muri iri siganwa, n’umwe mu bakire muri siporo, yavuze ko akumbuye u Rwanda.

Ati “U Rwanda mu by’ukuri ni ahantu heza cyane. Mwakoze kunyakira. Ntabwo nzatinda kugaruka.”

Lewis Hamilton yifotoje ari iruhande rw’ingagi anasaba abandi kuza kuzisura

Urubuga ruvuga amakuru ye kuri Twitter, @SirLewisUpdates uyu mugabo Lewis Hamilton avuga ko atabasha kuvuga ibyo yabonye mu Rwanda byatumye atangara agasigara nta jambo ryo kuvuga afite.

Avuga ko mu Rwanda bamwakiriye bamusekera, n’umuziki. Ati “Iki gihugu ndagikunda.”

Mu mafoto ye, agaragra ari iruhande rw’ingagi, ndetse yasabye abantu kuza kuzisura bakazisanga aho ziba aho kujya kuzireba mu nzu zibamo inyamaswa zizwi nka Zoo.

Lewis Hamilton yatangaje ko muri ibi biruhuko byo mu ki, yateganyije gusura umugabane Africa ari kumwe n’inshuti ze za hafi.

Ati “Ndi kwiga byinshi bijyanye n’inkomoko yange, n’umuco wo kuri uyu mugabane udasanzwe utanga byinshi ku Isi.”

Yavuze ko yishimiye uburyo Africa ifite umwihariko w’umuziki byamukoze ku mutima akaba ashaka kubisangiza abandi.

Nyuma yo kumanukira mu mitaka muri Namibia, Lewis Hamilton utwara Mercedes/Formula 1 yaje mu Rwanda asura Pariki y’Ibirunga.

Muri Namibia Lewis Hamilton yifotoje ateruye ihene

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Utuntu n'utundi

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?