BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kabuhariwe Lewis Hamilton yavuye mu Rwanda ahita “avuga ko ahakumbuye”

Kabuhariwe Lewis Hamilton yavuye mu Rwanda ahita “avuga ko ahakumbuye”

admin
Last updated: August 13, 2022 9:13 am
admin
Share
SHARE

U Rwanda rukomeje kuba ahantu hakurura abantu benshi bashaka kwiga amateka no gusura ibyiza nyaburanga bitaboneka ahandi ku isi, ingagi zo mu Birunga. Umwongereza Lewis Hamilton ufite inkomoko ku Banyafurika yavuze ko yishimiye gusura u Rwanda, abisaba n’abandi kuza kureba igihugu cyiza.

Lewis Hamilton ari kumwe n’umwe mu bashinzwe kuyobora abakerarugendo mu Birunga

Lewis Hamilton yabanje gusura Namibia nyuma aza mu Rwanda, igihugu avuga ko kimukurura cyane.

Yafashe video arimo ajya gusura ingagi akabona abana akabasuhuza, yandikaho ati “Hello! Mumeze gute? [ashyiraho ibendera ry’u Rwanda n’akamenyetso k’umutima].”

Mu bundi butumwa nabwo buriho amafoto, Lewis Hamilton watwaye inshuro 8 irushanwa ryo gusiganwa ku modoka nto ryitwa Formula 1 ndetse akamara igihe kirekire ari nomero ya mbere muri iri siganwa, n’umwe mu bakire muri siporo, yavuze ko akumbuye u Rwanda.

Ati “U Rwanda mu by’ukuri ni ahantu heza cyane. Mwakoze kunyakira. Ntabwo nzatinda kugaruka.”

Lewis Hamilton yifotoje ari iruhande rw’ingagi anasaba abandi kuza kuzisura

Urubuga ruvuga amakuru ye kuri Twitter, @SirLewisUpdates uyu mugabo Lewis Hamilton avuga ko atabasha kuvuga ibyo yabonye mu Rwanda byatumye atangara agasigara nta jambo ryo kuvuga afite.

Avuga ko mu Rwanda bamwakiriye bamusekera, n’umuziki. Ati “Iki gihugu ndagikunda.”

Mu mafoto ye, agaragra ari iruhande rw’ingagi, ndetse yasabye abantu kuza kuzisura bakazisanga aho ziba aho kujya kuzireba mu nzu zibamo inyamaswa zizwi nka Zoo.

Lewis Hamilton yatangaje ko muri ibi biruhuko byo mu ki, yateganyije gusura umugabane Africa ari kumwe n’inshuti ze za hafi.

Ati “Ndi kwiga byinshi bijyanye n’inkomoko yange, n’umuco wo kuri uyu mugabane udasanzwe utanga byinshi ku Isi.”

Yavuze ko yishimiye uburyo Africa ifite umwihariko w’umuziki byamukoze ku mutima akaba ashaka kubisangiza abandi.

Nyuma yo kumanukira mu mitaka muri Namibia, Lewis Hamilton utwara Mercedes/Formula 1 yaje mu Rwanda asura Pariki y’Ibirunga.

Muri Namibia Lewis Hamilton yifotoje ateruye ihene

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?