BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Jules Sentore na Yvan D ni bamwe mu bahanzi batanze Ubunani

Jules Sentore na Yvan D ni bamwe mu bahanzi batanze Ubunani

admin
Last updated: January 1, 2023 10:20 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Jules Sentore hamwe na Yvan D ukora indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ni bamwe mu bahanzi Nyarwanda ba mbere batangiranye indirimbo nshya n’umwaka wa 2023 nko guha ubunani abakunzi babo.

Yvan D na Jules Sentore babimburiye abandi bahanzi mu gusohora indirimbo muri 2023

Jules Sentore ni umwe mu bahanzi Nyarwanda bafite izina ariko by’umwihariko mu muziki wa Gakondo akunze kugaragaramo nubwo ajya anyuzamo akavanga n’indirimbo za ruzungu.

Mu gutangira umwaka wa 2023 uyu muhanzi yahisemo kuba mu ba mbere basohoye indirimbo yise ‘Icyeza.’

Uyu muhanzi yabaye uwa mbere usohoye indirimbo bwa mbere mu Rwanda kuko yayishyize hanze umwaka wa 2023 umaze iminota itatu gusa.

Iyi ndirimbo ifite utuma bubwira abasore cyangwa abakobwa kuva mu busiribateri bagatangira gutekereza ku gushinga urugo. Ati “Ubundi iyi nyituye abantu bose bazarushinga muri 2023.”

Si Jules Sentore gusa kuko no mu bakora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana ntabwo bacikanywe kuko uwitwa Yvan D nawe yasohoye iyitwa ‘Ndashinganye’ yakoranye n’uwitwa Sibosy.

Aganira na Umuseke yavuze ko buri mwaka aba ari isezerano aha abakunda ibihangabo bye kuko asohora indirimbo kuri uyu munsi.

Ati “Ibi ni nk’isezerano, iyi ndirimbo nari narayikoze ndayibika ntegereza ko nzayisohora kuri iyi taliki ya mbere y’umwaka. Ubutumwa bwayo nashakaga kubwira abakunzi banjye ko niba baragize amahirwe bagasoza umwaka wa 2022 ntacyo babaye bagomba kumva ko no muri uyu mwaka twinjiyemo bashinganye.”

Indirimbo ya Yvan D yatunganyijwe mu buryo bw’amajwi na Element naho amashusho akorwa na Mariva.

https://www.youtube.com/watch?v=i3ypLgDuXm8

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Muyuzere says:
    January 3, 2023 at 1:25 pm

    Byiza kbs Kandi n’ibyagaciro

    Reply

Leave a Reply to Muyuzere Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

1 Min Read
Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?