BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Jules Sentore na Yvan D ni bamwe mu bahanzi batanze Ubunani

Jules Sentore na Yvan D ni bamwe mu bahanzi batanze Ubunani

admin
Last updated: January 1, 2023 10:20 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Jules Sentore hamwe na Yvan D ukora indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ni bamwe mu bahanzi Nyarwanda ba mbere batangiranye indirimbo nshya n’umwaka wa 2023 nko guha ubunani abakunzi babo.

Yvan D na Jules Sentore babimburiye abandi bahanzi mu gusohora indirimbo muri 2023

Jules Sentore ni umwe mu bahanzi Nyarwanda bafite izina ariko by’umwihariko mu muziki wa Gakondo akunze kugaragaramo nubwo ajya anyuzamo akavanga n’indirimbo za ruzungu.

Mu gutangira umwaka wa 2023 uyu muhanzi yahisemo kuba mu ba mbere basohoye indirimbo yise ‘Icyeza.’

Uyu muhanzi yabaye uwa mbere usohoye indirimbo bwa mbere mu Rwanda kuko yayishyize hanze umwaka wa 2023 umaze iminota itatu gusa.

Iyi ndirimbo ifite utuma bubwira abasore cyangwa abakobwa kuva mu busiribateri bagatangira gutekereza ku gushinga urugo. Ati “Ubundi iyi nyituye abantu bose bazarushinga muri 2023.”

Si Jules Sentore gusa kuko no mu bakora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana ntabwo bacikanywe kuko uwitwa Yvan D nawe yasohoye iyitwa ‘Ndashinganye’ yakoranye n’uwitwa Sibosy.

Aganira na Umuseke yavuze ko buri mwaka aba ari isezerano aha abakunda ibihangabo bye kuko asohora indirimbo kuri uyu munsi.

Ati “Ibi ni nk’isezerano, iyi ndirimbo nari narayikoze ndayibika ntegereza ko nzayisohora kuri iyi taliki ya mbere y’umwaka. Ubutumwa bwayo nashakaga kubwira abakunzi banjye ko niba baragize amahirwe bagasoza umwaka wa 2022 ntacyo babaye bagomba kumva ko no muri uyu mwaka twinjiyemo bashinganye.”

Indirimbo ya Yvan D yatunganyijwe mu buryo bw’amajwi na Element naho amashusho akorwa na Mariva.

https://www.youtube.com/watch?v=i3ypLgDuXm8

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Muyuzere says:
    January 3, 2023 at 1:25 pm

    Byiza kbs Kandi n’ibyagaciro

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

2 Min Read
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

1 Min Read
Imyidagaduro

Rufonsina aritegura kwibaruka ubuheta

1 Min Read
Imyidagaduro

Post Malone yatandukanye n’umukunzi we

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?