BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > IShowSpeed yageze mu Rwanda mu ibanga rikomeye

IShowSpeed yageze mu Rwanda mu ibanga rikomeye

admin
Last updated: January 10, 2026 3:17 pm
admin
Share
SHARE

IShowSpeed yageze i Kigali mu ijoro ryo ku wa 9 Mutarama 2026 avuye muri Zambia, asohoka ku kibuga cy’indege anyujijwe ahasanzwe haca abanyacyubahiro, ahita akomereza mu Karere ka Musanze.

Amakuru aturuka kubari hafi ye avuga ko IShowSpeed yageze i Kigali Saa yine z’ijoro zirengaho iminota hafi 40, imodoka zijya kumufata mu kibuga cy’indege imbere. Bivugwa ko yageze mu Rwanda atari mu ndege rusange.

Yahise yerekeza mu Karere ka Musanze aho yaraye mbere y’uko azindukira muri Parike y’Igihugu y’Ibirunga mu gitondo cyo kuri uyu wa 10 Mutarama 2026.

Musanze yerekeza i Kigali aho agomba kubanza gutembera mu mujyi gato harimo n’urugendo agomba gukora kuri moto hanyuma akabona kwinjira muri Stade Amahoro aho ari burebere umukino wa Rayon Sports WFC na Indahangarwa WFC.

Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice ubwo yemezaga amakuru y’uko uyu musore agomba kwitabira uyu mukino, yagize ati “IShowSpeed azadususurutsa, cyane cyane ko nubwo akunda umupira w’amaguru ariko harimo no guha agaciro umupira w’amaguru w’abakobwa. Ni igikorwa cyiza twashimira ababitegura barimo RDB [Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere] na Minisiteri ya Siporo.”

Mu karuhuko k’igice cya mbere afite ibyo azakora ndabibahishiye, abazaza kuri Stade Amahoro ejo bazabibona.”

Ku wa 21 Ukuboza 2025, uyu musore w’imyaka 20 wamamaye cyane kuri YouTube na Twitch, ni bwo yatangije gahunda yise “Speed Does Africa Tour”, aho atambutsa amashusho imbonankubone ari mu bihugu bitandukanye byo kuri uyu mugabane.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?