Mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Nyakanga 2025 intumwa z’ihiriro AFC/M23 zasubiye muri Qatar kongera kuganira na leta ya Kinshasa bahanganiye mu burasirazuba bwa DRC.
Byatangajwe n’Umunyamabanga Uhoraho wa M23, Benjamin Mbonimpa, avuga ko we na bagenzi bebamaze kugera i Doha.
Nubwo ibiganiro bikomeje biragaragara ko butari gutanga umusaruro ndetse kuri ubu ubu haravugwa Ingabo ku mpande zombi bakomeje kwitegura intambara.
Ibiganiro bya Doha byatangiye muri Werurwe 2025. Byarakomeje kugeza mu ntangiriro za Kamena, ubwo ubuyobozi bukuru bwa AFC/M23 bwasabaga intumwa zabwo gusubira i Goma nyuma y’aho impande zombi zinaniwe kumvikana.
Kuri ubu bigiye gusubukurwa KU nshuro ya gatanu byitezwe ko iyi nshuro ishobora gutanga umusaruro Kinshasa ikemera ibyo isabwa ndetse na AFC/M23 nabo bakemera I yo basabwa
Kimwe mu byadindije ibi biganiro ni ukuba Leta ya RDC yaranze gufungura abantu 700 barimo abanyamuryango ba AFC/M23 n’abakekwaho gukorana n’iri huriro, nyamara ryo ryarakuye ku bushake abarwanyi mu mujyi wa Walikale n’utundi duce bihana im
bibi.