BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Aug 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika zambitswe imidari y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika zambitswe imidari y’ishimwe

sam
Last updated: August 13, 2025 10:54 am
sam
Share
SHARE

Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri muri Centrafrique mu butumwa bw’amahoro bwa Loni (MINUSCA), zigize batayo ya RWABAT-2, zashyikirijwe imidari y’ishimwe kubera umusanzu wazo mu kugarura no kubungabunga amahoro muri icyo Gihugu.

Iki gikorwa cyabereye aho izi Ngabo zikambitse mu Gace ka Bossembélé muri Perefegitura ya Ombella-M’Poko, kiyoborwa n’umuyobozi wungirije ukuriye Ingabo za UN zishinzwe kugarura amahoro muri Santrafurika, Col Mohamed Said.

Col Mohamed Said yashimye Ingabo z’u Rwanda ku bw’uruhare rwazo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Santrafurika. Yashimangiye kandi ko imidali y’Umuryango w’Abibumbye bahawe, igamije kubashimira ubwitange, ubunyamwuga, kwiyemeza kurinda abaturage no kugarura amahoro bijyanye inshingano z’ubutumwa bwa MINUSCA.

Yagize ati “Mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo za MINUSCA n’ubuyobozi bwose bwa MINUSCA, ndabashimira ku kazi gakomeye mwakoze mu mezi icumi ashize mukorana ubwitange n’ubunyamwuga, muri kimwe mu bice bikomeye byo kubungabunga amahoro ku Isi. Ubumenyi n’ubwitange mugaragaza mu kurinda abasivili, guharanira amahoro n’indangagaciro z’Umuryango w’Abibumbye byagize ingaruka nziza ku baturage bo mu duce mwoherejwe kurinda,”

Yanashimiye ubuyobozi bwa RDF kubera uburyo bukomeza gutegura abasirikare bafite imyitozo ihagije, ibikoresho bigezweho kandi bateguwe mu buryo bwo kunoza inshingano zabo, agaragaza ko u Rwanda rukomeje kuba umufatanyabikorwa w’ingenzi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku rwego mpuzamahanga.

Umuyobozi wa batayo ya RWABAT-2, Lt Col Ndanyuzwe Muzindutsi, yashimiye ubuyobozi bwa MINUSCA n’inzego za Leta ya Santrafurika, ku bufatanye no kubashyigikira mu gihe cy’akazi.

Yavuze ko imidari bahawe ari imbaraga zibatera gukomeza inshingano zabo bafite, ubutwari n’ubwitange.

Mu gihe cyose bamaze mu butumwa, abasirikare ba RWABAT-2 bakoze ibikorwa bitandukanye ku muhanda munini wa MSR1 uhuza Bangui na Cameroun, birimo amarondo, kurinda no guherekeza amakamyo atwara ibikoresho, ndetse no gusukura imihanda, bagamije kubungabunga umutekano no koroshya ingendo zikorerwa muri uwo muhanda w’ingenzi.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika yafatiye ibihano PARECO-FF yashinzwe n’uwahoze mu buyobozi bwa M23

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 12 Kanama 2025 zafatiye ibihano…

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika zambitswe imidari y’ishimwe

Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri muri Centrafrique mu butumwa bw’amahoro bwa Loni…

Imbonerakure zitashye zariye karungu zivuga ko leta yazigambaniye

Abaturage mu Burundi baravuga ko batewe impungenge n'Imbonerakure zikubutse mu ntambara muri…

Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

Perezida Volodymyr Zelensky yamaramaje ko Ukraine itazigera ireka akarere ka Donbas ngo…

Abofisiye ba RDF na RCS mu bashinjwa muri dosiye ya APR FC

Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo kuri uyu wa 13 Kanama 2025, rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

DRC Batandatu bakurikiranweho gushimuta ibibwana by’intare

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Zimbabwe byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego eshanu

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

RDF yemeje ko iri gukurikirana abantu 22 barimo abasivile

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Inteko Ishinga mategeko y’u Rwanda wamaganiye kure amagambo ya Vital Kamerhe

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?