BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika zambitswe imidari y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika zambitswe imidari y’ishimwe

sam
Last updated: August 13, 2025 10:54 am
sam
Share
SHARE

Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri muri Centrafrique mu butumwa bw’amahoro bwa Loni (MINUSCA), zigize batayo ya RWABAT-2, zashyikirijwe imidari y’ishimwe kubera umusanzu wazo mu kugarura no kubungabunga amahoro muri icyo Gihugu.

Iki gikorwa cyabereye aho izi Ngabo zikambitse mu Gace ka Bossembélé muri Perefegitura ya Ombella-M’Poko, kiyoborwa n’umuyobozi wungirije ukuriye Ingabo za UN zishinzwe kugarura amahoro muri Santrafurika, Col Mohamed Said.

Col Mohamed Said yashimye Ingabo z’u Rwanda ku bw’uruhare rwazo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Santrafurika. Yashimangiye kandi ko imidali y’Umuryango w’Abibumbye bahawe, igamije kubashimira ubwitange, ubunyamwuga, kwiyemeza kurinda abaturage no kugarura amahoro bijyanye inshingano z’ubutumwa bwa MINUSCA.

Yagize ati “Mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo za MINUSCA n’ubuyobozi bwose bwa MINUSCA, ndabashimira ku kazi gakomeye mwakoze mu mezi icumi ashize mukorana ubwitange n’ubunyamwuga, muri kimwe mu bice bikomeye byo kubungabunga amahoro ku Isi. Ubumenyi n’ubwitange mugaragaza mu kurinda abasivili, guharanira amahoro n’indangagaciro z’Umuryango w’Abibumbye byagize ingaruka nziza ku baturage bo mu duce mwoherejwe kurinda,”

Yanashimiye ubuyobozi bwa RDF kubera uburyo bukomeza gutegura abasirikare bafite imyitozo ihagije, ibikoresho bigezweho kandi bateguwe mu buryo bwo kunoza inshingano zabo, agaragaza ko u Rwanda rukomeje kuba umufatanyabikorwa w’ingenzi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku rwego mpuzamahanga.

Umuyobozi wa batayo ya RWABAT-2, Lt Col Ndanyuzwe Muzindutsi, yashimiye ubuyobozi bwa MINUSCA n’inzego za Leta ya Santrafurika, ku bufatanye no kubashyigikira mu gihe cy’akazi.

Yavuze ko imidari bahawe ari imbaraga zibatera gukomeza inshingano zabo bafite, ubutwari n’ubwitange.

Mu gihe cyose bamaze mu butumwa, abasirikare ba RWABAT-2 bakoze ibikorwa bitandukanye ku muhanda munini wa MSR1 uhuza Bangui na Cameroun, birimo amarondo, kurinda no guherekeza amakamyo atwara ibikoresho, ndetse no gusukura imihanda, bagamije kubungabunga umutekano no koroshya ingendo zikorerwa muri uwo muhanda w’ingenzi.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye intumwa za EU baganira ku mutekano wo muri RDC mutekano wo mu karere ndetse n’ubufatanye.

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Bruce Melodie yamurikiye Ambasaderi Nyamvumba imishinga afite

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

AFC/M23 yahishuye uko yavuganaga na Tshisekedi ikimara gufata Bunagana

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Gatsibo: Bahangayikishijwe n’ icyuzi gikomeje guhitana ubuzima bw’abatari bake

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?