BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ingabo z’u Rwanda zavumbuye ububiko bw’intwaro z’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda zavumbuye ububiko bw’intwaro z’ibyihebe

admin
Last updated: October 17, 2022 8:58 am
admin
Share
SHARE

Abasirikare b’u Rwanda bakomeje kugera ku ntsinzi mu rugamba rwo guhashya ibyihebe, mu mpera z’iki cyumweru dusoje, bavumbuye ububiko bw’intwaro n’amasasu byahishwe n’umutwe wa Ansar Al Sunna umaze igihe warayogoje Mozambique.

Ingabo z’u Rwanda zigenzura intwaro zafashwe

Ku wa Gatandatu tariki 15 Ukwakira, 2022 ingabo z’u Rwanda zagabye igitero simusiga ku byihebe mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.

Zatahuye ububiko bw’ibikoresho byinshi birimo imbunda nini n’into n’ibisasu biremereye byahishwe n’ibyihebe ahitwa Mbau, mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Mocimboa da praia.

Izi ntwaro ngo zahahishwe mu mwaka wa 2021.

Ububiko bunini bw’intwaro n’amasasu ndetse n’ibisasu bya rockets, ngo byahishwe ubwo ingabo z’u Rwanda zari zisumbirije ibyihebe, bikiruka bigata uduce twa Siri ya mbere na Siri ya kabiri, aho byari bifite ibirindiro bikuru mu gace ka Mbau.

Ingabo z’u Rwanda zari mu gikorwa cyo gushakisha aba basigaye ngo badasubira kwisuganya ngo bakore ibindi bitero nibwo zaguye kuri buriya bubiko bw’intwaro.

Intara ya Cabo Delgado kuva muri 2017 yibasiwe n’ibitero bikomeye by’ibyihebe, byavanye mu byabo abaturage miliyoni imwe, abantu bagera ku 4,000 babigwamo.

Intwaro zafatanywe Ansar Al Sunna
Imbunda nini zirasa ibisasu biremereye ziri mu zafashwe
Izi ni imbunda nto ingabo z’u Rwanda zafashe
Ibibombe byafashwe muri buriya bubiko

ISOOKO: MoD Website

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Beatrice Bongwa says:
    October 18, 2022 at 10:52 am

    Ni byiza gufashaabandi cyane cyane iyo bakeneye umutekano. Ariko kandi, abasirikari b’Urwanda bashinzwe umutekano w’Urwanda mbere yuko bajya kurinda ibikorwa by’ibindi bihugu. Mu gihe dutaka umutekano muke mu duce twinshi two mu mujyi n’ahandi, abasirikari bacu bakenewe mu gihugu.

    Reply
  • Pingback: Ingabo z’u Rwanda zatahuye ubundi bubiko bw’intwazo – Umuseke

Leave a Reply to Beatrice Bongwa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?