BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jun 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Indonesia: Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo kuri Stade

Indonesia: Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo kuri Stade

admin
Last updated: October 2, 2022 11:19 am
admin
Share
SHARE

Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo ku kibuga mu kirwa cya Java muri Indonesia, ku mukino Berdarah Arema FC yatakaje ku kibuga cyayo ubwo yakiraga mukeba Persebaya Surabaya (2-3).

Abafana ba Berdarah Arema FC ni bo bivugwa ko bateje imvururu ku kibuga

Mu bapfuye harimo abapolisi babiri, abandi bantu 180 bakomeretse harimo 11 bikabije cyane.

Nyuma y’umukino wo ku wa gatandatu, abafana ba Arema FC bari ku kiriye kuri Kanjuruhan stadium bahise binjira mu kibuga Polisi itangira kubatatanya ikoresheje imyuka iryana mu maso

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, Fifa, rivuga ko abapolisi cyangwa abashinzwe umutekano ku bibuga, badakwiye gukoresha imyuka iryana mu maso, kuko itabasha guturisha abateje imvururu ku kibuga.

Amashusho agaragaza abafana batera amabuye imodoka za polisi, ubundi bakanazihirika zikagwa.

Mbere ubuyobozi bwari bwemeje ko hapfuye abantu 130, ariko nyuma imibare ya nyayo yagaragaje ko abapfuye ari 174, n’abandi 11 bakomeretse cyane.

Perezida wa Indonesia, Joko Widodo yategetse ko imikino yose mu gihugu ihagarara hakabanza gukorwa iperereza kuri izi mvururu zabaye.

Nico Afinta, Umuyobozi wa Polisi mu burasirazuba bw’ikirwa cya Java, yavuze ko abafana bari babaye abandi bandi, basagariye abapolisi, bangiza imodoka ndetse ngo hapfuye abapolisi babiri.

Amakosa yayashyize ku bafana 3,000 binjiye mu kibuga umukino urangiye.

Yavuze ko abafana barimo bahunga ari benshi babyiganiye mu muryango, umwuka uba muke bamwe barapfa.

Amakipe ya Arema FC na Persebaya Surabaya ni abakeba b’igihe kirekire. Kubera ubwoba ko bateza imvururu, abafana ba Persebaya Surabaya bari babujijwe kugura amatike.

Minisitiri w’Umutekano muri Indonesia, Mahfud MD yavuze kuri Instagram ko hagurishijwe amatike 42,000 mu gihe Kanjuruhan stadium, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 38,000.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Fichl says:
    October 2, 2022 at 11:34 am

    Hindura imyandikire irimo amakosa menshi

    Reply

Leave a Reply to Fichl Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Billy Joel yahishuye ko yagerageje kwiyahura inshuro ebyiri

Umuririmbyi w’Umunyamerika Billy Joel, wamamaye mu bihangano bikomeye byagiye bivugwa cyane ku…

U Burusiya bwagabye igitero cya drones i Kyiv gihitana bane

U Burusiya bwagabye igitero cy’indege zitagira abapilote (drones) hirya no hino muri…

Inzira zabyaye amahari hagati ya perezida Trump n’umuherwe Elon Musk

Hari intambara ikomeye hagati y'umuntu wa mbere utunze kurusha abandi kw'isi n'umunyaporitike…

Umuriro watse hagati y’u Burusiya n’u Bwongereza

Ambasaderi w’u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu uruhare mu bitero bya…

Martin Fayulu yahuye na perezida Tshisekedi amusaba ibiganiro n’Abakongomani

Kuri uyu wa Kane tariki 5 Kamena , Martin Fayulu utavuga rumwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Edgar wabaye perezida wa Zambia yitabye Imana ku myaka 68

1 Min Read
Mu mahanga

Abasirikare ba RDC babujijwe gushaka bataramaramo imyaka irindwi

2 Min Read
Mu mahanga

Tanzania yafunze urubuga rwa X irushinja gukwirakwiza amashusho y’ubusambanyi

1 Min Read
Mu mahanga

Tanzania yafunze itorero rya Pantekote ryamaganye ishimutwa ry’abantu

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?