BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Indonesia: Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo kuri Stade

Indonesia: Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo kuri Stade

admin
Last updated: October 2, 2022 11:19 am
admin
Share
SHARE

Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo ku kibuga mu kirwa cya Java muri Indonesia, ku mukino Berdarah Arema FC yatakaje ku kibuga cyayo ubwo yakiraga mukeba Persebaya Surabaya (2-3).

Abafana ba Berdarah Arema FC ni bo bivugwa ko bateje imvururu ku kibuga

Mu bapfuye harimo abapolisi babiri, abandi bantu 180 bakomeretse harimo 11 bikabije cyane.

Nyuma y’umukino wo ku wa gatandatu, abafana ba Arema FC bari ku kiriye kuri Kanjuruhan stadium bahise binjira mu kibuga Polisi itangira kubatatanya ikoresheje imyuka iryana mu maso

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, Fifa, rivuga ko abapolisi cyangwa abashinzwe umutekano ku bibuga, badakwiye gukoresha imyuka iryana mu maso, kuko itabasha guturisha abateje imvururu ku kibuga.

Amashusho agaragaza abafana batera amabuye imodoka za polisi, ubundi bakanazihirika zikagwa.

Mbere ubuyobozi bwari bwemeje ko hapfuye abantu 130, ariko nyuma imibare ya nyayo yagaragaje ko abapfuye ari 174, n’abandi 11 bakomeretse cyane.

Perezida wa Indonesia, Joko Widodo yategetse ko imikino yose mu gihugu ihagarara hakabanza gukorwa iperereza kuri izi mvururu zabaye.

Nico Afinta, Umuyobozi wa Polisi mu burasirazuba bw’ikirwa cya Java, yavuze ko abafana bari babaye abandi bandi, basagariye abapolisi, bangiza imodoka ndetse ngo hapfuye abapolisi babiri.

Amakosa yayashyize ku bafana 3,000 binjiye mu kibuga umukino urangiye.

Yavuze ko abafana barimo bahunga ari benshi babyiganiye mu muryango, umwuka uba muke bamwe barapfa.

Amakipe ya Arema FC na Persebaya Surabaya ni abakeba b’igihe kirekire. Kubera ubwoba ko bateza imvururu, abafana ba Persebaya Surabaya bari babujijwe kugura amatike.

Minisitiri w’Umutekano muri Indonesia, Mahfud MD yavuze kuri Instagram ko hagurishijwe amatike 42,000 mu gihe Kanjuruhan stadium, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 38,000.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Fichl says:
    October 2, 2022 at 11:34 am

    Hindura imyandikire irimo amakosa menshi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?