BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Indonesia: Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo kuri Stade

Indonesia: Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo kuri Stade

admin
Last updated: October 2, 2022 11:19 am
admin
Share
SHARE

Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo ku kibuga mu kirwa cya Java muri Indonesia, ku mukino Berdarah Arema FC yatakaje ku kibuga cyayo ubwo yakiraga mukeba Persebaya Surabaya (2-3).

Abafana ba Berdarah Arema FC ni bo bivugwa ko bateje imvururu ku kibuga

Mu bapfuye harimo abapolisi babiri, abandi bantu 180 bakomeretse harimo 11 bikabije cyane.

Nyuma y’umukino wo ku wa gatandatu, abafana ba Arema FC bari ku kiriye kuri Kanjuruhan stadium bahise binjira mu kibuga Polisi itangira kubatatanya ikoresheje imyuka iryana mu maso

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, Fifa, rivuga ko abapolisi cyangwa abashinzwe umutekano ku bibuga, badakwiye gukoresha imyuka iryana mu maso, kuko itabasha guturisha abateje imvururu ku kibuga.

Amashusho agaragaza abafana batera amabuye imodoka za polisi, ubundi bakanazihirika zikagwa.

Mbere ubuyobozi bwari bwemeje ko hapfuye abantu 130, ariko nyuma imibare ya nyayo yagaragaje ko abapfuye ari 174, n’abandi 11 bakomeretse cyane.

Perezida wa Indonesia, Joko Widodo yategetse ko imikino yose mu gihugu ihagarara hakabanza gukorwa iperereza kuri izi mvururu zabaye.

Nico Afinta, Umuyobozi wa Polisi mu burasirazuba bw’ikirwa cya Java, yavuze ko abafana bari babaye abandi bandi, basagariye abapolisi, bangiza imodoka ndetse ngo hapfuye abapolisi babiri.

Amakosa yayashyize ku bafana 3,000 binjiye mu kibuga umukino urangiye.

Yavuze ko abafana barimo bahunga ari benshi babyiganiye mu muryango, umwuka uba muke bamwe barapfa.

Amakipe ya Arema FC na Persebaya Surabaya ni abakeba b’igihe kirekire. Kubera ubwoba ko bateza imvururu, abafana ba Persebaya Surabaya bari babujijwe kugura amatike.

Minisitiri w’Umutekano muri Indonesia, Mahfud MD yavuze kuri Instagram ko hagurishijwe amatike 42,000 mu gihe Kanjuruhan stadium, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 38,000.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Fichl says:
    October 2, 2022 at 11:34 am

    Hindura imyandikire irimo amakosa menshi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?