BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Indonesia: Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo kuri Stade

Indonesia: Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo kuri Stade

admin
Last updated: October 2, 2022 11:19 am
admin
Share
SHARE

Abantu 174 bapfiriye mu mvururu zo ku kibuga mu kirwa cya Java muri Indonesia, ku mukino Berdarah Arema FC yatakaje ku kibuga cyayo ubwo yakiraga mukeba Persebaya Surabaya (2-3).

Abafana ba Berdarah Arema FC ni bo bivugwa ko bateje imvururu ku kibuga

Mu bapfuye harimo abapolisi babiri, abandi bantu 180 bakomeretse harimo 11 bikabije cyane.

Nyuma y’umukino wo ku wa gatandatu, abafana ba Arema FC bari ku kiriye kuri Kanjuruhan stadium bahise binjira mu kibuga Polisi itangira kubatatanya ikoresheje imyuka iryana mu maso

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, Fifa, rivuga ko abapolisi cyangwa abashinzwe umutekano ku bibuga, badakwiye gukoresha imyuka iryana mu maso, kuko itabasha guturisha abateje imvururu ku kibuga.

Amashusho agaragaza abafana batera amabuye imodoka za polisi, ubundi bakanazihirika zikagwa.

Mbere ubuyobozi bwari bwemeje ko hapfuye abantu 130, ariko nyuma imibare ya nyayo yagaragaje ko abapfuye ari 174, n’abandi 11 bakomeretse cyane.

Perezida wa Indonesia, Joko Widodo yategetse ko imikino yose mu gihugu ihagarara hakabanza gukorwa iperereza kuri izi mvururu zabaye.

Nico Afinta, Umuyobozi wa Polisi mu burasirazuba bw’ikirwa cya Java, yavuze ko abafana bari babaye abandi bandi, basagariye abapolisi, bangiza imodoka ndetse ngo hapfuye abapolisi babiri.

Amakosa yayashyize ku bafana 3,000 binjiye mu kibuga umukino urangiye.

Yavuze ko abafana barimo bahunga ari benshi babyiganiye mu muryango, umwuka uba muke bamwe barapfa.

Amakipe ya Arema FC na Persebaya Surabaya ni abakeba b’igihe kirekire. Kubera ubwoba ko bateza imvururu, abafana ba Persebaya Surabaya bari babujijwe kugura amatike.

Minisitiri w’Umutekano muri Indonesia, Mahfud MD yavuze kuri Instagram ko hagurishijwe amatike 42,000 mu gihe Kanjuruhan stadium, ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 38,000.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Fichl says:
    October 2, 2022 at 11:34 am

    Hindura imyandikire irimo amakosa menshi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?