BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Indege z’intambara ziri gusuka ibisasu ahagenzurwa na M23

Indege z’intambara ziri gusuka ibisasu ahagenzurwa na M23

admin
Last updated: November 8, 2022 12:51 pm
admin
Share
SHARE

Umutwe wa M23 uratangaza ko guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Ugushingo 2022 Ingabo za Leta ya Congo zawugabyeho ibitero simusiga ziri kubamishaho imvura y’ibisasu biremereye.

Ni nyuma y’icyumweru hari agahenge hagati y’ingabo za leta n’inyeshyamba za M23 ku rubuga rw’imirwano muri Teritwari ya Rutshuru.

Ni ibisasu bya rutura biri kuraswa n’ndege ebyiri z’intambara za Repubulika ya Demokarasi ya Congo zo mu bwoko bwa Sukhoi-25, zirimo imwe yavogereye ikirere cy’u Rwanda ku munsi w’ejo ku wa mbere.

Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka yatangaje ko “Ihuriro ry’Ingabo zifatanyije na FARDC ziri gutera ibisasu ahantu hatuwe cyane, turahamagarira umuryango mpuzamahanga kwita ku bibazo bwana Tshisekedi ari gutera.”

Mu butumwa Lawrence Kanyuka yanyujije kuri Twitter ashimangira ko “M23 irirwanaho dutegereze ibikurikira.”

Ibirindiro bya M23 biri gusukwaho amabombe n’izi ndege z’intambara ni ibiherereye Chanzu na Musungati muri Teritwari ya Rutshuru.

Chanzu iherereye muri groupement ya Jomba hafi y’ikirunga cya Sabyinyo ahegereye umupaka w’u Rwanda.

Andi makuru kandi avuga ko ibimodoka byinshi by’intambara by’imitamenwa byavuye mu Mujyi wa Goma n’ibitwaro bikururwa n’imodoka nini byerekezwa hafi n’uduce tugenzurwa na M23.

Umutwe wa M23 washinze imbunda zikomeye ku misozi aho bafunze amayira yose yo ku butaka ingabo za FARDC, FDRL na Mai Mai bashobora kunyuramo ngo binjire mu matware bigaruriye.

Igisirikare cya Congo kivuga ko kitazemera kubura na Santimetero y’ubutaka bwa Congo mu gihe M23 ivuga ko Leta nitemera ibiganiro bazarwana kugera ku mwuka wa nyuma.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
9 Comments
  • mugisha says:
    November 8, 2022 at 1:55 pm

    yesu azitwike zishye m23 oye

    Reply
  • lg says:
    November 8, 2022 at 2:13 pm

    M23 ifite ubushobozi bwokuzihanura bidatinze

    Reply
  • Anonymous says:
    November 8, 2022 at 2:42 pm

    Nibabakubite sha, umva ko mwigenje!

    Reply
  • Man DUKUNDE says:
    November 8, 2022 at 2:45 pm

    Akagabo gahimba akandi kataraza, nibabakubite sha.

    Reply
  • Me says:
    November 8, 2022 at 2:56 pm

    Mana tabara

    Reply
  • Niyonsaba Idrisse says:
    November 8, 2022 at 3:12 pm

    Karabaye imana ibarengere

    Reply
  • MUGABO says:
    November 8, 2022 at 4:09 pm

    Intambara nta na kimwe izakemura, ibiganiro nibidahabwa intebe DRC izahora mu ntambara

    Reply
  • Mushimiyimana daniel says:
    November 8, 2022 at 8:09 pm

    Ukuri kuzatsinda ariko m23 n’ abagabo ndabizeye ko bazafata n’ igihugu mugihe ubuyobozibwa congo buhugiye ku rwanda.

    Reply
  • anne says:
    November 9, 2022 at 11:10 am

    ese M23 abantu ivuga ko irengera barayishyigikiye?? abavuga ikinyarwanda ko bamwe bayihunga

    Reply

Leave a Reply to Me Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?