BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Indege ya Gisirikare ya Congo yavogereye u Rwanda

Indege ya Gisirikare ya Congo yavogereye u Rwanda

admin
Last updated: November 7, 2022 2:09 pm
admin
Share
SHARE

Leta y’u Rwanda yatangaje ko ahagana isaa 11h 20 kuri uyu wa Mbere tariki 7 Ugushyingo indege ya Gisirikare ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yavogereye ikirere cy’u Rwanda igwa ku kibuga cy’indege cya Rubavu.

Indege ya Gisirikare ya Congo yavogereye ikirere cy’u Rwanda

Iyi ndege ya gisirikare yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 yaguye ku kibuga cy’indege cya Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba aho yamaze umwanya muto.

Ni igikorwa cyafashwe nk’ubushotoranyi bw’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo k’u Rwanda.

U Rwanda rwamenyesheje Guverinoma ya RD Congo iby’ubu bushotoranyi, yemera ko byabayeho.

Itangazo ryasohowe na Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko  “Nta cyemezo cya gisirikare cyafashwe ku ruhande rw’u Rwanda mu gusubiza, ndetse iyo ndege isubira muri RDC.”

Kuwa wa 6 Ugushyingo 2022 amasosiyete y’indege z’ubucuruzi muri Congo yamenyeshejwe ko ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma gifunze aho cyakira indege z’intambara ziturutse i Kinshasa.

Ni indege zaje muri Operasiyo yo kurasa nta kubabarira umutwe wa M23 ukomeje kuzonga Leta ya Kinshasa umunsi ku munsi.

Izi ndege zazanwe i Goma zirimo n’iyavogereye ikirere cy’u Rwanda zirajyana n’ubwiyongere bw’abasirikare ba FARDC bakomeje kuzanwa muri Kivu y’Amajyaruguru mu rwego rwo guhangana na M23.

 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Umurungi Alice says:
    November 7, 2022 at 6:54 pm

    Indege ya gisirikari yavogereye igihugu? Bishoboka bite? Yenda byakwimvikana iyo ndege ivogereye ikirere ariko iguye ikanahaguruka ikigendera, byaba bigayitse cyane! Abasirikari bacu se bari basinziriye? Rwose sindabyumva kugeza magingo aya!

    Reply
    • Anonymous says:
      November 9, 2022 at 5:26 pm

      HAHAHHH ALICE INKOTANYI NTIZIHUBUKA

      Reply
      • Anonymous says:
        November 9, 2022 at 5:28 pm

        KANDI BURIYA KUBAHANGA NUCECETSE ABA AVUZE

        Reply

Leave a Reply to Umurungi Alice Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?