BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

admin
Last updated: February 18, 2026 5:31 pm
admin
Share
SHARE

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe, Fizi na Mwenga, aravuga ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18/02/2026, hazindukiye imirwano ikaze mu nkengero za centre ya Point Zero, ahari guhangana umutwe wa MRDP-Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’ingabo z’u Burundi, Wazalendo, FDLR ndetse n’abacanshuro.

Nk’uko amakuru abitangaza, imirwano yatangiye ahagana saa kumi n’imwe z’urukerera (05:00), aho abaturage batuye mu misozi ya chaîne de Mitumba bavuga ko bumvise urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje rwiganje mu marango y’unamiye umujyi wa Minembwe.

Umuturage umwe mu batanze amakuru yagize Ari:“Mu misozi ya chaîne de Mitumba, mu marango y’unamiye umujyi wa Minembwe, habyukiye urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje. MRDP-Twirwaneho ihanganye bikomeye n’ihuriro ry’ingabo za RDC.”

Yakomeje avuga ko mu bice bya Nyaruhinga na Mukoko, ugana kuri Point Zero, hakomeje kumvikana urusaku rw’amabombe menshi n’imbunda nini zizwi nka “twelve”, byerekana ubukana bw’imirwano iri kubera muri ako gace.

Amakuru ava ku ruhande ruri hafi y’ibikorwa bya gisirikare aravuga ko MRDP-Twirwaneho yaba iri hafi gufata centre ya Point Zero, ahantu hafite akamaro kanini mu bijyanye n’imihahirane n’imigendekere y’ingabo, kuko ari ho hahurira inzira zerekeza mu Mikenke, mu Minembwe n’i Fizi.

Hari kandi amakuru avuga ko bamwe mu barwanyi bari ku ruhande rwa FARDC, barimo abasirikare b’u Burundi, Wazalendo na FDLR, batangiye gusubira inyuma berekeza mu duce twa Mulima, Nguli no mu Bibogobogo muri teritwari ya Fizi. Icyakora, ayo makuru aracyakeneye kwemezwa n’impande zombi.

Imirwano iri kubera hafi y’uduce dutuwe cyane irateza impungenge ku mibereho y’abaturage, cyane cyane abatuye mu nkengero za Point Zero, Kalongi na Gakenge. Amakuru aturuka aho avuga ko hari ingo zatangiye kwimuka zihunga urusaku rw’amasasu n’ibisasu biremereye.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Camarade ari mu mazi abira nyuma yo gutangariza perezida wa Gorilla FC

Umutoza wa Bugesera FC, Banamwana Camarade ashobora guhanwa nyuma yo gutangaza ko…

Leta ya Vatican yanze kwinjira muri gahunda y’amahoro ya Amerik

Vatican yatangaje ko itazajya mu rwego rwiswe “Board of Peace” rwashyizweho na…

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

2 Min Read
Umutekano

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

2 Min Read
Umutekano

RDC: Amashuri 65 yo mu ntara ya Kwilu yafunze imiryango kubera umutekano muke

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yarashe Sukhoi-25 ya FARDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?