Kuri uyu wa 10 Nyakanga 2025 umupaka wa Bunagana uhuza Repubulika iharanira demokarasi ya Congo na Uganda wafunguwe.
Bunagana ku ruhande rwa RDC igenzurwa na AFC/M23 kuva muri Kamena 2022.
Uyu mupaka ufunguwe nyuma y’uko Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ku wa 9 Nyakanga 2025 yatangaje ko Museveni yategetse ko umupaka wa Bunagana n’indi yose ikoze ku bice bigenzurwa na AFC/M23 ifungurwa.
Igikorwa cyo gufungura uyu mupaka kitabiriwe n’abarimo Meya w’akarere ka Kisoro, Abel Bizimana, wari uherekejwe n’abashinzwe umutekano ku ruhande rwa Uganda
Ni icyemezo leta ya Uganda ifashe kugira ngo abaturage b’ibihugu byombi boroherwe n’ubuhahirane KU mpande z’ibihugu byombi.
Gen Muhoozi ashingiye ku ibwiriza rya Perezida Museveni, yasabye abayobozi b’abasirikare bose bakorera muri ibi bice byo ku mupaka kwemerera abantu bakambuka, bagakora ubucuruzi mu bwisanzure.
Perezida w’umutwe wa M23 akaba n’umuyobozi wungirije w’ihuriro AFC, Bertrand Bisimwa, mu butumwa yanyujije kuri X yashimye Museveni wafashe icyemezo cyo gufungura iyi mipaka, agaragaza ko umuyobozi mwiza nka we ashyira imbere abaturage.
Ati “Mureke dushimire Nyakubahwa Yoweri Museveni, Perezida wa Repubulika ya Uganda, ku bw’icyemezo yafashe cyo gufungura imipaka yose yo mu burasirazuba bwa Congo. Ibi bigaragaza ubuyobozi bufata inshingano, bugashyira imbere abaturage mu bikorwa bya politiki.”
Icyemezo cya Perezida Museveni gisobanuye ko imipaka yose ikoze ku bice bigenzurwa na AFC/M23 ifunguye kuko uwa Goma, Bukavu na Kamanyola na yo isanzwe ikora.