BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Huye: Ikiraro cyafashwe n’inkongi gihiramo ihene 16

Huye: Ikiraro cyafashwe n’inkongi gihiramo ihene 16

admin
Last updated: November 15, 2022 6:13 pm
admin
Share
SHARE

Mu ijoro ryakeye ryo kuwa 14 Ugushyingo 2022 ikiraro cyahiriyemo ihene 16 z’Umurundi wahungiye mu Rwanda zirapfa zose.

Ikiraro izi hene zabagamo cyahiye kirakongoka

Niyongabo Jean Claude wapfushije amatungo, avuga ko yahungiye mu Rwanda mu mwaka wa 2015 igihe i Burundi habaga imvururu aza gutura mu Mujyi wa Huye.

Niyongabo n’agahinda kenshi avuga ko yigiriye inama yo korora ihene, kuko yabonaga ari yo matungo ashobora kumugoboka vuba.

Yavuze ko ubworozi bwe yabukoreraga mu Murenge wa Mukura, kuko yahabonye urwuri rwiza.

Ati “Natunguwe no kumva bantabaje ko ihene zanjye zose zahiriye mu Kiraro ko nta nimwe yabashije kurokoka iyo nkongi.”

Avuga ko yahageze asanga habayeho uburangare bw’umushumba wari uziragiye kubera ko yahageze nyuma bigaragaraga ko atigeze aharara.

Yagize ati “Yasanze ihene 16 zimaze gupfa asiga abwiye abantu ko agiye kwishyikiriza inzego z’ubugenzacyaha.”

Akomeza agira ati “Cyakora nagerageje kumuhumuriza musaba ko asubira iwe mu rugo, ko ibyabaye ari impanuka yatewe n’ubwo burangare musaba ko atuza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura Ngabo Fidèle yabwiye UMUSEKE ko ikiraro izo hene zahiriyemo cyari kirunzemo amakara y’abatwika amakara mu ishyamba.

Ngabo yavuze ko muri uko gutwika amakara habayeho kwibeshya bagafata amwe bazi ko yazimye bakayavanga n’asanzwe mu kiraro agakongeza andi atarimo umuriro.

Yagize ati “Abantu baruye ayo makara ntibigeze bamenya ko agifite umuriro, ayo niyo yakongeje andi atarimo umuriro atwika ihene n’ikiraro.”

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mukura buvuga ko butari buzi ko ayo matungo ari ay’Umurundi, kubera ko ikiraro yahiriyemo gisanzwe ari icy’Umunyarwanda witwa Mbarubukeye Samuel kuko ariwe wabatabaje ikiraro kimaze gushya.

Cyakora yavuze ko bihanganishije uwo ariwe wese wahuye n’iki gihombo kuko bibabaje kubona amatungo angana gutyo apfira umunsi umwe.

Niyongabo Jean Claude wapfushije ihene, atuye mu Mudugudu wa Ngoma ya 1 Akagari ka Ngoma mu Murenge wa Ngoma ho mu Karere ka Huye.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • mahoro jack says:
    November 16, 2022 at 2:26 pm

    Ubuyobozi bukore igishoboka buremere uyu muvandimwe waduhungiyeho rwose, kuko yagendesheje!

    Reply
  • lg says:
    November 16, 2022 at 3:10 pm

    yego rwose nagobokwe nubuyobozi kubwibyo byago byamugwiririye nabandi babishoboye bushumbushe buriya yanze kujya munkambi ngo afatikanye nabandi kuzamura igihugu adategereje kugufashwa gusa

    Reply

Leave a Reply to lg Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?