BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Hagaragaye ibisa n’amarozi ku mukino wa Gorilla na Rayon

Hagaragaye ibisa n’amarozi ku mukino wa Gorilla na Rayon

admin
Last updated: December 8, 2022 10:39 am
admin
Share
SHARE

Mu mukino w’ikirarane cya shampiyona wahuje ikipe ya Gorilla FC na Rayon Sports, hagaragaye ibisa n’amarozi byanenzwe n’umutoza Haringingo Francis Christian.

Ibisa n’amarozi ku mukino wahuje Gorilla na Rayon [Ifoto: Ntare Julius]
Mbere y’uyu mukino Rayon Sports yatsinze igitego 1-0 cyabonetse kuri penaliti yatsinzwe neza na Onana, mu rwambariro rw’amakipe hagabanje kuberamo ibikorwa by’umwijima.

Abari bashinzwe gucunga umutekano w’urwambariro rwa Rayon Sports uzwi ku izina rya Rafiki, yavuze ko yabonye umutoza mukuru wa Gorilla FC, Gatera Moussa yaje kuhamena amazi kandi atabyemerewe kuko atari mu rwambiriro rw’ikipe abereye umutoza.

Uyu mutoza akimara kuhamena ayo mazi, habayemo gushyamirana hagati ye na Rafiki ndetse bifata indi ntera kugera aho bimenywe na benshi.

Uretse ibyo byabaye mbere y’umukino, no mu gihe hajyaga guterwa penaliti ya Rayon Sports, abatoza ba Gorilla FC bahamagaye umwe mu bakinnyi b’iyi kipe bagira ibyo bamubwira bitamenyekanye.

Nyuma yo kugira ibyo bavugana, uyu mukinnyi wa Gorilla FC yahise ajya gukuraho umupira Rayon Sports yari igiye gutera, abakinnyi b’indi kipe na bo banga indi mipira yahabwaga, birangira penaliti itewe ndetse ininjizwa neza mu izamu rya Gorilla FC.

Nyuma y’umukino, umutoza mukuru wa Rayon Sports, Haringingo Francis yavuze ko ibyabaye ari bidakwiye ndetse ari n’umwanda kandi abatoza bagenzi be bakwiye gukora kinyamwuga.

Umutoza wungirije muri Gorilla FC, Kalisa François, yavuze ko ibyo byose ntabyo yabonye icyari kimuraje inshinga ari ugushaka uko we na bagenzi be babona intsinzi.

Ikipe ya Gorilla FC, izasura Marine FC mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona.

Gatera Moussa utoza Gorilla FC afite akazi gakomeye ku mukino ikipe ye izasura Marine FC [Ifoto: Ntare Julius]
Umutoza mukuru wa Rayon Sports, Haringingo yanenze ibyabaye mbere y’umukino [Ifoto: Ntare Julius]
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Claude says:
    December 8, 2022 at 4:39 pm

    Ukurikije uko ubivuze ubwo ayo koko ni amarozzi?Mind game?Kuki mutabajije abo bavugwa>??Yewe muduha amakuru agaragaza ubunyamwuga buke kabisa

    Reply
  • John says:
    December 9, 2022 at 8:30 am

    Ko mutanditse se ko uwo mutoza Gatera Moussa bamuhondaguye igihe yashakaga kujyana uwo mwanda mu rwambariro rwa Rayon Sports?

    Umupira wo mu Rwanda uracyafite urugendo n’uruhuri rw’ibibazo🤭

    Reply

Leave a Reply to John Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?