BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Hagaragaye ibisa n’amarozi ku mukino wa Gorilla na Rayon

Hagaragaye ibisa n’amarozi ku mukino wa Gorilla na Rayon

admin
Last updated: December 8, 2022 10:39 am
admin
Share
SHARE

Mu mukino w’ikirarane cya shampiyona wahuje ikipe ya Gorilla FC na Rayon Sports, hagaragaye ibisa n’amarozi byanenzwe n’umutoza Haringingo Francis Christian.

Ibisa n’amarozi ku mukino wahuje Gorilla na Rayon [Ifoto: Ntare Julius]
Mbere y’uyu mukino Rayon Sports yatsinze igitego 1-0 cyabonetse kuri penaliti yatsinzwe neza na Onana, mu rwambariro rw’amakipe hagabanje kuberamo ibikorwa by’umwijima.

Abari bashinzwe gucunga umutekano w’urwambariro rwa Rayon Sports uzwi ku izina rya Rafiki, yavuze ko yabonye umutoza mukuru wa Gorilla FC, Gatera Moussa yaje kuhamena amazi kandi atabyemerewe kuko atari mu rwambiriro rw’ikipe abereye umutoza.

Uyu mutoza akimara kuhamena ayo mazi, habayemo gushyamirana hagati ye na Rafiki ndetse bifata indi ntera kugera aho bimenywe na benshi.

Uretse ibyo byabaye mbere y’umukino, no mu gihe hajyaga guterwa penaliti ya Rayon Sports, abatoza ba Gorilla FC bahamagaye umwe mu bakinnyi b’iyi kipe bagira ibyo bamubwira bitamenyekanye.

Nyuma yo kugira ibyo bavugana, uyu mukinnyi wa Gorilla FC yahise ajya gukuraho umupira Rayon Sports yari igiye gutera, abakinnyi b’indi kipe na bo banga indi mipira yahabwaga, birangira penaliti itewe ndetse ininjizwa neza mu izamu rya Gorilla FC.

Nyuma y’umukino, umutoza mukuru wa Rayon Sports, Haringingo Francis yavuze ko ibyabaye ari bidakwiye ndetse ari n’umwanda kandi abatoza bagenzi be bakwiye gukora kinyamwuga.

Umutoza wungirije muri Gorilla FC, Kalisa François, yavuze ko ibyo byose ntabyo yabonye icyari kimuraje inshinga ari ugushaka uko we na bagenzi be babona intsinzi.

Ikipe ya Gorilla FC, izasura Marine FC mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona.

Gatera Moussa utoza Gorilla FC afite akazi gakomeye ku mukino ikipe ye izasura Marine FC [Ifoto: Ntare Julius]
Umutoza mukuru wa Rayon Sports, Haringingo yanenze ibyabaye mbere y’umukino [Ifoto: Ntare Julius]
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Claude says:
    December 8, 2022 at 4:39 pm

    Ukurikije uko ubivuze ubwo ayo koko ni amarozzi?Mind game?Kuki mutabajije abo bavugwa>??Yewe muduha amakuru agaragaza ubunyamwuga buke kabisa

    Reply
  • John says:
    December 9, 2022 at 8:30 am

    Ko mutanditse se ko uwo mutoza Gatera Moussa bamuhondaguye igihe yashakaga kujyana uwo mwanda mu rwambariro rwa Rayon Sports?

    Umupira wo mu Rwanda uracyafite urugendo n’uruhuri rw’ibibazo🤭

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?