BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gicumbi: Umuhungu w’imyaka 16 arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka 12

Gicumbi: Umuhungu w’imyaka 16 arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka 12

admin
Last updated: October 5, 2022 1:31 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Gicumbi yataye muri yombi umwana w’umuhungu w’imyaka 16 ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 12 amushutse ngo naze amukorere inkwi mu ishyamba.

Amapingu

Ibi byabaye ku goroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 4 Ukwakira, 2022 ahagana saa kumi n’igice z’umugoroba mu Karere ka Gicumbi, mu Murenge wa Muko, mu Kagari ka Rebero mu Mudugudu wa Ryabashaka.

Uwo mwana w’umukobwa bamutumye mu gasantere kureba se aho acururiza, ngo abahe ibyo guteka ageze mu nzira, yahuye n’uwo muhungu ngo amusaba ko ajya kumukorera umuba w’inkwi yari yahambiriye mu gashyamba, umukobwa arabyemera agezeyo niho yahise amusambanyiriza.

Uyu mwana w’umukobwa akimara gusambanywa, ngo yasubiye mu rugo abibwira nyina na we yitabaza abaturanyi n’inzego z’umutekano maze uwo muhungu ukekwaho gukora ibyo atabwa muri yombi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muko, Habinshuti Robert, yemeje aya makuru avuga ko kuri ubu uwo muhungu yashyikirijwe RIB Sitasiyo ya Rutare, naho umukobwa we yajyanywe kwa muganga ngo afashwe.

Asaba ababyeyi kurushaho kwitwararika no kuganiriza abana babo, kandi igihe habaye ibyaha nk’ibi bakihutira kubigaragaza.

Yagize ati “Ibyo byaraye bibaye kandi uwo muhungo yafashwe yashyikirijwe RIB, umukobwa we twamujyanye kwa muganga mu Bitaro bya Byumba ngo afashwe.”

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA:

Ingingo ya 54 y’itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018  ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ibijyanye n’impamvu nyoroshyacyaha (Mitigating circumstances), abakoze ibyaha batarageza ku myaka 18 bashobora koroherezwa ntibahanwe nk’abantu bakuru.

Dore ibihano itegeko riteganya kuri bo:

Ahabwa igifungo cy’imyaka itari munsi y’icumi (10) ariko itarenga cumi n’itanu (15) iyo yari guhanishwa igifungo cya burundu.

Ahabwa igihano kidashobora kurenga kimwe cya kabiri (1/2) cy’igihano yagombaga guhanishwa, iyo yari guhanishwa igifungo kimara igihe kizwi cyangwa igihano cy’ihazabu.

Urugero rw’igihano kizwi twatanga kugira ngo byumvikane neza, iyo yagomaba wenda guhanishwa gufungwa imyaka 20 ahabwa kimwe cya kabiri cy’igifungo gihwanye n’imyaka 10.

Yanditswe na Jean Claude BAZATSINDA

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Koreya ya Ruguru yagerageje misile zo mu bwoko bwa cruise zirasa kure cyane

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yayoboye umuhango wo kugerageza…

Espagne ntiyumva impamvu yo gutera Iran

Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sanchez yanenze cyane ibitero Leta Zunze Ubumwe…

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?