BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

Gen Muhoozi yifurije Perezida Kagame isabukuru nziza

admin
Last updated: October 23, 2025 3:32 pm
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yifurije Perezida Paul Kagame isabukuru nziza y’amavuko, amushimira kuba umuyobozi w’icyitegererezo mu Rwanda na Afurika.

Gen Muhoozi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, kuri uyu wa 23 Ukwakira 2025 yagize ati: “Isabukuru nziza Afande Paul Kagame. Muzagire imyaka myinshi.”

Uyu musirikare yakomeje ati: “Mwarakoze ku bw’imiyoborere yanyu y’icyitegererezo yabaye indorerwamo y’u Rwanda, akarere na Afurika. Harambe ubucuti n’ubufatanye bw’ingenzi buri hagati y’ibihugu byacu bibiri.”

Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2025, Perezida Kagame yagize isabukuru y’imyaka 68 y’amavuko. Mu myaka amaze ku Isi, harimo 33 yamaze muri Uganda kuko we n’ababyeyi be bahungiyeho mu Ugushyingo 1961.

Perezida Kagame yize muri Uganda kugeza mu mashuri yisumbuye, ubwo yifatanyaga Yoweri Kaguta Museveni n’abandi barwanyi mu rugamba rwo kubohora Uganda rwatangiye muri Gashyantare 1981, rurangira muri Werurwe 1986.

Ubwo yatangiraga kuyobora urugamba rwo kubohora u Rwanda mu 1990, yari afite ipeti rya Major. Icyo gihe yari avuye mu masomo y’igisirikare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, asanga i Nyagatare abandi Banyarwanda bari batangiye uru rugamba.

Gen Muhoozi agaragaza ko Perezida Kagame ari umwe mu bayobozi b’icyitegererezo cye, kandi ko amufata nka se wabo n’umuvandimwe wa Perezida Museveni.

Ubwo Gen Muhoozi yasuraga u Rwanda muri Werurwe 2022, Perezida Kagame yamugabiye inka 10. Nyuma y’umwaka umwe, uyu musirikare yatangaje ko zimwe muri zo zabyaye, zose hamwe zigera kuri 17.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?