BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Feb 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

admin
Last updated: February 13, 2026 3:09 pm
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura u Rwanda vuba aha.

Uyu musirikare usanzwe ari n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje iyi gahunda mu butumwa yaraye yanditse ku rubuga rwe rwa X.

Yagize ati: “Nzishimira gusura vuba aha data wacu w’igihangange, Afande Kagame. Nzanishimira kubana na bene wacu b’Abanyarwanda.”

Ubu butumwa bwakurikuraga ubundi Gen. Muhoozi yanditse mu Kinyarwanda abaza Abanyarwanda ati: “Abanyarwanda mumeze mute? Uncle wanjye, intwari, ameze ate?” Ndaje gusura iwacu mu Rwanda vuba. Vuba cyane.”

Gen Muhoozi aheruka mu Rwanda muri Werurwe 2025. Icyo gihe yari kumwe n’abarimo Brig Gen. Asingura Kagoro n’umunyamakuru w’inshuti ye akaba n’inshuti y’Abanyarwanda, Andrew Mwenda.

Uyu musirikare yasuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, n’ishuri rikuru rya gisirikare riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, yigisha abanyeshuri baho isomo ryo guharanira ubumwe bwa Afurika, kurinda inyungu z’uyu mugabane n’iz’abaturage bawo.

Yanyuzwe n’uburyo yakiriwe i Kigali, ashimira Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, ati “Imana ihe umugisha umubano wa kivandimwe uri hagati ya Uganda n’u Rwanda.”

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, na we yagiriye uruzinduko rw’akazi i Kampala muri Gicurasi 2025, aganira na mugenzi we wo muri Uganda ku bufatanye mu kurinda umutekano w’ibihugu byombi n’akarere muri rusange.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

Umuyobozi wungirije w’ihuriro AFC/M23 ushinzwe ibikorwa bya politiki, imiyoborere na dipolomasi, Bertrand…

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

Kuri uyu wa 13 Gashyantare 2026, abayobozi bo mu ihuriro AFC/M23 n’abo…

Kenya: Paul Mackenzie yongeye kuregwa ku rupfu rw’abandi bantu 52 nyuma y’abarenga 400 asanzwe akurikiranywaho

Urwego rushinzwe Ubushinjacyaha muri Kenya rwatangaje ko rwongeye kurega mu nkiko Paul…

Huye: Guverineri na Polisi batangije ubukangurambaga bwo kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alice Kayitesi ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda basabye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Nyamirambo: Umujura wa Kabiri mu bashikuje telefoni umuturage bagahungira muri rigore nawe yavuyemo. 

2 Min Read
Mu Rwanda

Min.Nduhungirehe yanenze AU ikomeje kurengera Kinshasa ikora ibitemewe n’amategeko birimo gukoresha abacancuro 

3 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye abarenga 160 batahutse bavuye muri RDC

3 Min Read
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?