BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gen Maj Ekenge ari gusabirwa igihano cyo gufungwa

Gen Maj Ekenge ari gusabirwa igihano cyo gufungwa

admin
Last updated: December 30, 2025 7:14 pm
admin
Share
SHARE

Perezida w’umuryango w’Abatutsi bo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, David Karambi Fati, yasabye ko Gen Maj Sylvain Ekenge atabwa muri yombi kubera kwibasira abo muri ubu bwoko.

Ubwo Gen Maj Ekenge yari kuri televiziyo ya RDC (RTNC) tariki ya 27 Ukuboza 2025, yavuze ko gushakana n’umugore w’Umututsikazi bisaba kwitonda kuko ngo ntibabyarana n’abo badahuje ubwoko.

Aya magambo yamaganywe bikomeye yatumye tariki ya 28 Ukuboza, Umugaba Mukuru w’ingabo za RDC, Lt Gen Jules Banza Mwilambwe, ahagarika by’agateganyo Gen Maj Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi wazo

Tariki ya 29 Ukuboza, Karambi yandikiye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, ibaruwa ifunguye, amugaragariza uburyo Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje kwibasirwa.

Karambi yagize ati “Nubwo Leta ya RDC yafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo uyu muntu, tubona ibi bidahagije bitewe n’uburemere bw’ivangura n’iheza riri mu magambo mabi yavuze ku bwoko bw’Abatutsi.”

Uyu Munye-Congo yatangaje ko mu gihe intambara ikomeje mu burasirazuba bwa RDC, amagambo y’umusirikare ukomeye nka Gen Maj Ekenge ashobora kwenyegeza ubugizi bwa nabi bukorerwa ubwoko bw’Abatutsi, bugasubiza inyuma gahunda z’amahoro

Yasabye Umuryango w’Abibumbye gutanga ubufasha kugira ngo Gen Maj Ekenge afungwe, agezwe mu rukiko rufite ububasha bwo kumuburanisha, kandi ko abandi bavuga amagambo nk’aya bakwiye kwamaganwa ku mugaragaro, abaturage bibasirwa barindirwe umutekano.

Ati “Hashingiwe ku masezerano y’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’imyanzuro y’akanama k’umutekano ku gukumira jenoside n’ibyaha byibasira inyokomuntu, turasaba ko mwagira uruhare mu gufata ako kanya uwatangaje ayo magambo no kumushyikiriza inzego z’ubutabera zibifitiye ububasha.”

Umunyamakuru wa televiziyo ya RDC (RTNC) wakiriye Gen Maj Ekenge mu kiganiro, Joseph Oscar Mbal Kahij, na we yahagaritswe by’agateganyo mu kazi kubera ko kwemera ko amagambo y’uyu musirikare atambuka

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
Politike

U Rwanda rwashyigikiye AU kwanga gusenyuka kwa Somalia

2 Min Read
Mu mahanga

DRC:Kiliziya Gatulika yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 ifashe Uvira

2 Min Read
Politike

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?