BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > FPR Inkotanyi igiye gutangiza ishuri ryigisha amahame yayo 

FPR Inkotanyi igiye gutangiza ishuri ryigisha amahame yayo 

admin
Last updated: October 25, 2022 5:00 pm
admin
Share
SHARE

Inama ya Biro Politike y’umuryango FPR Inkontanyi yafashe umwanzuro wo gutangiza ishuri ryiswe RPF Leadership Academy rizigisha rikanasobanurira abakiri bato amatwara y’uyu muryango.

Igipfunsi kibumbye ni kimwe mu birango bya RPF-Inkotanyi

Tariki ya 21 na 22 Ukwakira 2022 i Rusororo mu Ntare Conference Arena hari hateraniye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi basaga 2000 baturutse hirya no hino mu gihugu, aho bigiraga hamwe ingingo zinyuranye zirimo imyitwarire y’abanyamuryango, imikorere n’imikoranire.

Iyi nama y’iminsi ibiri yateranye iyobowe na Perezida Paul Kagame, ikaba yafashe imyanzuro inyuranye irimo no gutangiza ishuri ryigisha amahame ya FPR Inkotanyi.

Ni nama yafatiwemo imyanzuro 13 nyuma kungurana ibitekerezo ku ngingo zari kuri gahunda y’iyi nama ya biro politiki, umwanzuro wa 12 ukaba ariwo wemeje ko bagiye gutangiza ishuri rya RPF Leadership Academy.

Ugira uti “Gushyiraho ishuri rihoraho ryakwigishirizwamo amahame y’umuryango FPR Inkotanyi hagamijwe gusobanurira abakiri bato amatwara yawo “RPF Leadership Academy”.

Iri shuri rigiye gushyirwaho mu gihe mu ijambo Perezda wa Repubulika Paul Kagame akaba na Chairman w’uyu muryango yagejeje ku banyamuryango ku munsi wa mbere w’iyi nama, yavuze ko bibabaje kubona hari abakiri bato b’urubyiruko bishora mu bikorwa byo gusahura utwa rubanda ndetse abayobozi bamwe bakigira indakorwaho.

Yagize ati “Buri munsi murabibona, mubyuma kuri radio, mukumva ba Minisitiri, abajyanama ba Leta beguye, bafashwe… Tugomba gushaka uburyo ubwo ari bwo bwose tugomba kubirwanya… Hari ubwo umuntu yibwiraga ngo nib a basaza bakuriye muri politiki mbi, bagira imico mibi nib o babikora, nooo! Ubu bisigaye bikorwa n’abana. Ndashaka kubwira urubyiruko ruri hano, rukwiye kumenya ngo ni rwo gihugu cy’ejo, ni zo mbaraga z’uno munsi. Namwe mwajya mu mico mibi nk’iyo gute? Kuki tudashaka uburyo dukora neza, ibintu bizima ufite ikibazo tukamufasha?”

Mu yindi myanzuro ya Biro Politiki ya FPR Inkotanyi harimo kubahiriza inshingano ku bayobozi, gushyira umuturage ku isonga, kwirinda kwiyandarika n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, gusigasira ibyagezweho, guteza imbere serivise inoze, kurwanya imirire mibi n’igwingira mu banda n’indi inyuranye.

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bakaba biyemeje kandi gukomeza gushyigikira Perezida Paul Kagame ndetse banamwizeza ko bari kumwe nawe mu rugamba rwo kubaka igihugu, banahigira guhuza imvugo n’ingiro, buri wese yiha agaciro kandi akarangiza inshingano ashinzwe uko bikwiye.

FPR Inkotanyi iyoboye u Rwanda kuva ingabo zayo za RPA zahagarikaga Jenoside yakorerwaga Abatutsi muri Nyakanga 1994, Perezida Paul Kagame we akaba yaratangiye kuyobora inzibacyuho mu 2000 asimbuye Pasiteri Bizimungu wari weguye, atora bwa mbere mu 2003 atsinze andi mashyaka bari bahanganye mu matora.

Intare na yo ni kimwe mu birango bya RPF Inkotanyi

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • hitimana says:
    October 25, 2022 at 6:28 pm

    Ishuri ryigisha amahame yayo,ni igitekerezo kiza.Gusa ntacyo bizatanga.Abazarisohokamo bazakomeza gukora amanyanga: Kurya ruswa,kunyereza umutungo wa Leta,kurenganya abaturage,etc…

    Reply

Leave a Reply to hitimana Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?