Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyakomeje ibikorwa bya gisirikare bigamije kurwanya inyeshyamba za AFC/M23 mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, by’umwihariko muri Teritwari ya Walikale, hagamijwe gusenya ibirindiro byazo no kugabanya ubushobozi bwazo bwo guhungabanya umutekano w’abaturage.
Nk’uko byatangajwe n’urubuga ACTUALITE.CD kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Mutarama 2026, FARDC yagabye ibitero by’indege nyuma yo gusubiza inyuma igitero cy’inyeshyamba cyari cyagabwe mu gace ka Chanjikiro. Ibyo bitero byibasiye ibirindiro bya AFC/M23 biherereye i Mindjendje, hafi ya Mpety, muri Gurupoma ya Kisimba.
Amakuru aturuka mu nzego z’ibanze avuga ko ibisasu byaturikiye muri ako gace ahagana saa kumi z’umugoroba ku isaha yaho, nyuma gato y’imirwano yari yabereye i Chanjikiro. Ibyo bitero by’indege bivugwa ko byakozwe hifashishijwe indege zitagira abapilote (drones) z’Ingabo za FARDC.
Ayo makuru akomeza avuga ko ibirindiro byagabweho ibyo bitero byarimo ububiko bw’ibikoresho by’inyeshyamba za AFC/M23 zikorera mu bice bikikije Pinga, bikaba byari bigamije kubangamira ibikorwa byazo bya gisirikare muri ako gace.
Ibi bitero bishya bije bikurikira ibindi FARDC iherutse kugaba mu bice bya Mindjendje na Mpety, bigaragaza ko igisirikare cya Congo kiri kongera imbaraga mu bikorwa byacyo byo guhashya inyeshyamba za AFC/M23 muri Teritwari ya Walikale, aho umutekano umaze igihe uhungabanye.
