Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yongeye ikirombe cya coltan cya Rubaya kigenzurwa n’inyeshyamba za AFC/M23 ku rutonde rugufi rw’ibirombe by’amabuye y’agaciro bizacukurwamo n’Amerika ku masezerano y’ibihugu byombi .
Ikirombe cya Rubaya cya mbere gicukurwamo Coltan nyinshi ku Isi, kimaze imyaka ibiri kiri mu maboko ya M23.
Amakuru dukesha ikinyamakuru Reuters avuga ko umutegetsi wo hejuru wo muri DRC n’umudipolomate w’Amerika bemeje uko kongera ikirombe cya Rubaya kuri urwo rutonde rugufi rwatanzwe mu nama y’Amerika na DRC yabereye i Washington DC ku itariki ya 5 y’uku kwezi kwa Gashyantare mu guteza intambwe amasezerano ku mabuye y’agaciro acyenewe cyane muri iki gihe, yashyizweho umukono mu Kuboza kw’umwaka ushize.
Gushyira ikirimbe cya Rubaya mu maboko ya Amerika ni kimwe mu byemezo leta ya DRC yafashe mu rwego rwo gukururira iki gihugu gikomeye mu burasirazuba DRC bumaze igihe buyobowe n’inyeshyamba za AFC/M23.
Amerika igaragaza ko icyemeye amabuye byumwihariko tantalum ikurwa muri coltan icyenewe cyane muri iki gihe, ikoreshwa mu bikoresho bigezweho bya elegitoronike nka mudasobwa, telefone zigendanwa no mu gukora indege.
DRC ivuga ko hakenewe hagati ya miliyoni 50 z’amadolari (arenga miliyari 73 FRW) na miliyoni 150 z’amadolari (arenga miliyari 219 FRW) kugira ngo ikirimbe cya Rubaya cyongere gukora mu buryo bunoze.
Amerika ikomeje gukora icyo Ari cyo cyose kugira ngo igere ku mutungo kame mu rwego rwo guhangana n’Ubushinwa mu bukungu.
