BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Iyobokamana > DRC: Kiliziya yacucuwe n’abajura musenyeri ategeka ko ifungwa

DRC: Kiliziya yacucuwe n’abajura musenyeri ategeka ko ifungwa

sam
Last updated: July 3, 2025 9:50 am
sam
Share
SHARE

Umushumba wa Diyoseze ya Lubumbashi, Fulgence Muteba Mugalu, yategetse ifungwa rya Paruwasi yaragijwe Mutagatifu François d’Assise yo mu gace ka Luano nyuma yo gusahurwa n’abajura.

Musenyeri Muteba yavuze ko mu ijoro ryo ku wa 1 Nyakanga 2025, abajura bateye Kiliziya ya Mutagatifu François d’Assise, biba ibikoresho byose byifashishwa mu Misa.

Yavuze ko mu byibwe harimo ibikoresho byifashishwa Padiri atura igitambo cy’Ukaristiya, by’umwihariko mu gihe asengera umugati na divayi bigahinduka umubiri n’amaraso bya Yezu.

Intumwa ya Musenyeri yitwa Emmanuel Mumba yavuze ko abajura bamennye Taberinakulo (ahabikwa Ukaristiya) bakuramo izarimo zose, biba umusaraba wo kuri alitari, biba ibitambaro, ibitabo, ingoma, mixer mbese muri make “bibye ibintu byose.”

Musenyeri Muteba yategetse ko iyi paruwasi iba ifunzwe kugeza igihe bizaba bishoboka ko hasomwa Misa igamije gusana ibyangijwe, anasaba inzego z’umutekano gutangiza iperereza kuri ibi bikorwa.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Iyobokamana

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru w’Igitambo uzwi nka EID AL ADHA.

1 Min Read
Iyobokamana

Ruhango: RGB yahagaritse amasengesho yaberaga ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

1 Min Read
Iyobokamana

Pastor Kabanda yamaganye abakomeje ku mwiyitirira ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
Iyobokamana

Robert Prevost watorewe kuyobora Kiliziya Gatolika ku Isi ni muntu ki?

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?