BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Aug 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > DRC Batandatu bakurikiranweho gushimuta ibibwana by’intare

DRC Batandatu bakurikiranweho gushimuta ibibwana by’intare

sam
Last updated: August 12, 2025 11:45 am
sam
Share
SHARE

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye uvuye i Lubumbashi mu Ntara ya Katanga murinRepubulika iharanira demokarasi ya Congo

Aba bantu batandatu bafashwe mu cyumweru gishize tariki 08 Kanama 2025, boherejwe ku biro by’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rwisumbuye rwa Lubumbashi kugira ngo basobanure aho bari bakuye ibyo bibwana by’Intare ziri mu nyamaswa zirinzwe muri Pariki ya Lubumbashi.

Gusa Jean-Claude Binemo ushinzwe kuvura inyamaswa muri iyi pariki ya Lubumbashi, avuga ko ubwoko bw’intare z’umweru zafatanywe aba bantu, zitaba muri DRC, ku buryo bashobora kuba bari bakuye biriya bibwana hanze y’Igihugu.

 

Ni mu gihe ibi byana by’intare byafatanywe aba bantu bari mu maboko y’ubutabera, inzego zahise zifata icyemezo ko bishyirwa muri iyi pariki ya Lubumbashi kugira ngo bigaburirwe mu gihe hakiri gushakwa amakuru y’aho byaturutse.

Bimwe mu bigomba kuburanishwa kuri aba bantu, harimo kureba niba bari bafite ibyangombwa bibemerera gutunga cyangwa gutwara izo nyamaswa.

Uyu muvuzi w’inyamaswa muri Pariki ya Lubumbashi ashimangira ko Intare iri mu nyamaswa zicunzwe. Aho umuntu yemererwa kuyitunga cyangwa kuyicuruza ari uko abifitiye uruhushya.

Dr Jean-Claude Binemo yatangaje kandi ko umuntu wese wifuza korora cyangwa kwinjiza muri DRC intare agomba kuba afite uruhushya mpuzamahanga ruzwi nka CITES rutangwa n’Umuryango ICCN.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika yafatiye ibihano PARECO-FF yashinzwe n’uwahoze mu buyobozi bwa M23

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 12 Kanama 2025 zafatiye ibihano…

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika zambitswe imidari y’ishimwe

Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri muri Centrafrique mu butumwa bw’amahoro bwa Loni…

Imbonerakure zitashye zariye karungu zivuga ko leta yazigambaniye

Abaturage mu Burundi baravuga ko batewe impungenge n'Imbonerakure zikubutse mu ntambara muri…

Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

Perezida Volodymyr Zelensky yamaramaje ko Ukraine itazigera ireka akarere ka Donbas ngo…

Abofisiye ba RDF na RCS mu bashinjwa muri dosiye ya APR FC

Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo kuri uyu wa 13 Kanama 2025, rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Zimbabwe byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego eshanu

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

RDF yemeje ko iri gukurikirana abantu 22 barimo abasivile

1 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Inteko Ishinga mategeko y’u Rwanda wamaganiye kure amagambo ya Vital Kamerhe

4 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Herekanywe Amashusho Ashinja Kabila Ubugambanyi

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?