BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

admin
Last updated: November 29, 2025 6:12 am
admin
Share
SHARE

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi, barimo Nirere Madeleine wongerewe Manda nk’Umuvunyi Mukuru, na Amb. Fidelis Mironko wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET asimbura Mukeka Clémentine wari umaze imyaka 4 muri izi nshingano.

Aba bayobozi bashyizweho n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, barimo Umuvunyi Mukuru, aho Nirere Madeleine yongeye kugirirwa icyizere akongererwa manda.

Nirere Madeleine yongerewe manda y’imyaka itanu, nyuma yuko iya mbere yari irangiye dore ko yahawe izi nshingano mu kwezi k’Ugushyingo 2020.

Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, hashyizweho Umunyamabanga Uhorahora mushya, ari we Amb. Mironko Fidelis wasimbuye Clémentine Mukeka wari wagiye muri izi nshingano muri Gashyantare 2021.

Uyu Munyamabanga Uhoraho mushya muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, si mushya mu bijyanye na politiki y’ububanyi n’Amahanga, dore ko yahagarariye u Rwanda mu Bihugu binyuranye, birimo Turkey, na Lebanon.

Abandi bashyizwe mu myanya, ni Jean Marie Vianney Ndayizigiye wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima, asimbura Dr. Muhammed Semakula wari umaze igihe gito ahawe izi nshingano, kuko yari yazigiyemo muri Nyakanga uyu mwaka, bivuze ko yari amazeho amezi ane gusa.

Jean Marie Vianney Ndayizigiye wahawe inshingano zo kuba Umunyambanga Uhoraho muri MINISANTE, yabaye Umugenzuzi w’Imari muri Kaminuza y’u Rwanda.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?