BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Depite Frank Habineza yagaragaje umuti w’iraswa mu cyico kw’abatoroka gereza

Depite Frank Habineza yagaragaje umuti w’iraswa mu cyico kw’abatoroka gereza

admin
Last updated: August 6, 2022 1:28 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije akaba n’umudepite mu Nteko Ishinga Amategako y’uRwanda, Dr Frank Habineza, yasabye abacungagereza bo mu Rwanda kutajya barasa mu cyico abagororwa cyangwa imfungwa mu gihe batorotse ndetse byaba ngombwa hagakoreshwa amasasu atica y’ibipapuro.

Depite Dr Frank Habineza avuga ko kurasa mu cyico abatorotse gereza biteye inkeke

Ibi Dr Frank Habineza yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru, cyagarukaga mu bimaze kugerwaho n’iri shyaka, mu migabo n’imigambo yaryo, ibitarakorwa bigikorerwa ubuvugizi.

Uyu muyobozi yatangaje ko ishyaka rye ritishimiye uburyo abacungagereza hari ubwo barasa imfungwa mu gihe batorotse, atanga icyifuzo ko harebwa uburyo hajya hakoreshwa amasasu atica y’ibipapuro.

Ibi abigarutseho mu gihe mu bihe bitandukanye humvikanye amakuru y’abacungagereza barashe abakekwaho ibyaha bagerageza gutoroka.

Muri Gicirasi uyumwaka, hari umugabo wo  mu Murenge wa Ntyazo, Akagari ka Katarara mu Mudugudu wa Rukoma mu Karere ka Nyanza wari ukurikiranyweho kwica umugore we, arashwe ubwo yageragezaga gutoroka inzego z’umutekano.

Muri Gashyantare   2021, Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa ,RCS rwatangaje ko umugororwa wari muri Gereza ya Rusizi yarashwe n’umucungagereza akahasiga ubuzima, nyuma yo gushaka gutoroka.

Agaruka  kuri iki kibazo, Dr Frank Habineza yagize ati “Ikindi twumva ko kigomba gushyirwamo imbaraga, ikintu cyo kurasa mu cyico, kubona abacungagereza, abapolisi,umuntu atorotse gereza, yatoroka bagahita bamurasa. Twumva y’uko icyo kintu cyo kurasa mu cyico, cyahagarara  rwose.”

Yakomeje agira ati “Twari twasabye ko haza amasasu y’ibipapuro, (Paper bullet), twari twasabye ko bagura menshi, abantu bakajya babarasa amasasu y’ibipapuro, bakabakomeretsa. Turasaba ababishinzwe bazagure menshi, bazajye barekeraho kurasa mu cyico kuko iyo umuntu apfuye ntabwo agaruka kandi umuryango usigara ufite urwango rudashira.”

UMUSEKE wagerageje kubaza mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa niba hari gahunda yo kugura amasasu atica y’ibipapuro,  ariko umuvugizi wa RCS, SSP Uwera Pelly Gakwaya, ntiyatuvugisha ndetse n’ubutumwa bugufi ntiyabusubiza.

Kugeza ubu ntibiremezwa niba koko Gereza zajya zikoresha amasasu y’ibipapuro atica mu rwego rwo kwirinda ko  hari abahasiga ubuzima.

Amasasu atica akozwe muri pulasitiki

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Q says:
    August 6, 2022 at 10:53 pm

    Uri habineza Koko!reba kurinda gereza yuzuyemo abicanyi n’abandi bihebye wowe ufite imbunda irimo ibiparastike,izo mbunda z’ibiprastike bazazicungishe urugo rwawe

    Reply
  • Q says:
    August 6, 2022 at 10:53 pm

    Uri habineza Koko!reba kurinda gereza yuzuyemo abicanyi n’abandi bihebye wowe ufite imbunda irimo ibiparastike,izo mbunda z’ibiprastike bazazicungishe urugo rwawe

    Reply
  • umusomyi sarah says:
    August 7, 2022 at 8:43 pm

    Ikintu kibabaje kurusha abindi ni abantu bakatiye burundu bamazemo 28 ans kubera ko imanza zabo baziciye uko babyumva, bose si abere kuko harimo na ba ruharwa ariko harimo abarengana. Hakwiye kurebwa icyakorwa. Bahabwa imbabazi bakagabanyirizwa ibihano, bajurira muri gacaca, bahabwa T.G, ariko rwose Nyakubahwa H.E., rwose iki kibazo uzakigeho kandi Imana izaguha umugisha

    Reply
  • umusomyi sarah says:
    August 7, 2022 at 8:43 pm

    Ikintu kibabaje kurusha abindi ni abantu bakatiye burundu bamazemo 28 ans kubera ko imanza zabo baziciye uko babyumva, bose si abere kuko harimo na ba ruharwa ariko harimo abarengana. Hakwiye kurebwa icyakorwa. Bahabwa imbabazi bakagabanyirizwa ibihano, bajurira muri gacaca, bahabwa T.G, ariko rwose Nyakubahwa H.E., rwose iki kibazo uzakigeho kandi Imana izaguha umugisha

    Reply
  • umusomyi sarah says:
    August 7, 2022 at 9:16 pm

    Aba bantu mvuga baburanishijwe n’inkiko zisanzwe mu mwaka w’1995 no mu myaka yo hafi yaho, Aho gacaca ziziye bangirwa kuziburaniramo kandi abaturage nibo bari kubacira urubanza rutabera.

    Reply

Leave a Reply to umusomyi sarah Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?