BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Davido ari mu gahinda ko gupfusha imfura ye

Davido ari mu gahinda ko gupfusha imfura ye

admin
Last updated: November 1, 2022 11:59 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi rurangiranwa wo muri Nigeria, Davido ari mu gahinda gakomeye nyuma yo kubura umuhungu we w’imfura w’imyaka itatu wapfuye arohamye muri pisine.

Davido yapfushije imfura ye

Inkuru y’urupfu rw’umuhungu wa David Adeleke wamamaye nka Davido yamenyekanye kuri uyu wa Mbere, ubwo bamwe mu nshuti ze za hafi zatangazaga aya makuru nyuma y’uko uyu mwana arohamye mu bwogero bwo mu rugo rwa Davido akaza kwitaba Imana.

Aya makuru yakomeje gufatwa nk’ibihuha kuko Davido ubwe yari atarayemeza cyangwa ngo hagire urwego rubyemeza.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Guardian cyo muri Nigeria, aya makuru akaba yahamijwe n’umuvugizi wa Polisi ya Lagos muri Nigeria, Benjamin Hundeyin wavuze ko uyu muhungu wa Davido, witwa David Ifeanya Adeleke yamaze gushiramo umwuka.

Yagize ati “Ni impamo umwana yapfuye, abantu umunani bazanywe ngo babazwe hakorwe n’iperereza, uwaba afite aho ahuriye n’urupfu rw’uyu mwana agomba gufungwa.”

Uyu mwana akaba yaraguye mu bwongero (Piscine) iri mu rugo rwa Davido, ku kirwa cya Banana kiri Lagos, nyuma yo kurohama ngo yihutanywe kwa muganga ariko biba iby’ubusa.

Ifeanyi akaba yari umwana Davido yabyaranye na Chioma Rowland.

Ibyamamare muri Nigeria birimo n’abakinnyi bafirime bakaba boherereje Davido ubutumwa bumufata mu mugongo, nyuma yo kubura umwana we.

Tariki 20 Ukwakira 2022, nibwo uyu mwana David Ifeanya Adeleke yari yujuje isabukuru y’imyaka itatu, se akaba yari yamwifurije umunsi mwiza, amusengera amusabira kuzaba igitangaza kumurenza.

Uyu mwana yari afite urubuga rwa Instagram yakoreshaga, aho yakurikirwaga n’abantu barenga ibihumbi 79, yari yarashyizeho ubutumwa bumwe gusa ubwo yuzuzaga imyaka itatu, agira ati “Isabukuru nziza y’amavuko kuri njye.”

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • BIKORIMANAJoseph says:
    November 1, 2022 at 4:48 pm

    Imana ibahe kwihangana

    Reply
  • Anonymous says:
    November 3, 2022 at 3:00 pm

    Birabaje pe , uyu mwana Imana imuhe iruhuko ridashira , gusa ndababaye , ndababaye cyane , uyu mwana namukundaga!

    Davido Imana igukomeze pe kuko kubyakira biragoye gusa Umwana wawe yagiye aheza mu ijuru.

    Reply
  • DAMGZO says:
    November 3, 2022 at 3:01 pm

    Birabaje pe , uyu mwana Imana imuhe iruhuko ridashira , gusa ndababaye , ndababaye cyane , uyu mwana namukundaga!
    Davido Imana igukomeze pe kuko kubyakira biragoye gusa Umwana wawe yagiye aheza mu ijuru.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?