BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Nov 16, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Davido ari mu gahinda ko gupfusha imfura ye

Davido ari mu gahinda ko gupfusha imfura ye

admin
Last updated: November 1, 2022 11:59 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi rurangiranwa wo muri Nigeria, Davido ari mu gahinda gakomeye nyuma yo kubura umuhungu we w’imfura w’imyaka itatu wapfuye arohamye muri pisine.

Davido yapfushije imfura ye

Inkuru y’urupfu rw’umuhungu wa David Adeleke wamamaye nka Davido yamenyekanye kuri uyu wa Mbere, ubwo bamwe mu nshuti ze za hafi zatangazaga aya makuru nyuma y’uko uyu mwana arohamye mu bwogero bwo mu rugo rwa Davido akaza kwitaba Imana.

Aya makuru yakomeje gufatwa nk’ibihuha kuko Davido ubwe yari atarayemeza cyangwa ngo hagire urwego rubyemeza.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Guardian cyo muri Nigeria, aya makuru akaba yahamijwe n’umuvugizi wa Polisi ya Lagos muri Nigeria, Benjamin Hundeyin wavuze ko uyu muhungu wa Davido, witwa David Ifeanya Adeleke yamaze gushiramo umwuka.

Yagize ati “Ni impamo umwana yapfuye, abantu umunani bazanywe ngo babazwe hakorwe n’iperereza, uwaba afite aho ahuriye n’urupfu rw’uyu mwana agomba gufungwa.”

Uyu mwana akaba yaraguye mu bwongero (Piscine) iri mu rugo rwa Davido, ku kirwa cya Banana kiri Lagos, nyuma yo kurohama ngo yihutanywe kwa muganga ariko biba iby’ubusa.

Ifeanyi akaba yari umwana Davido yabyaranye na Chioma Rowland.

Ibyamamare muri Nigeria birimo n’abakinnyi bafirime bakaba boherereje Davido ubutumwa bumufata mu mugongo, nyuma yo kubura umwana we.

Tariki 20 Ukwakira 2022, nibwo uyu mwana David Ifeanya Adeleke yari yujuje isabukuru y’imyaka itatu, se akaba yari yamwifurije umunsi mwiza, amusengera amusabira kuzaba igitangaza kumurenza.

Uyu mwana yari afite urubuga rwa Instagram yakoreshaga, aho yakurikirwaga n’abantu barenga ibihumbi 79, yari yarashyizeho ubutumwa bumwe gusa ubwo yuzuzaga imyaka itatu, agira ati “Isabukuru nziza y’amavuko kuri njye.”

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • BIKORIMANAJoseph says:
    November 1, 2022 at 4:48 pm

    Imana ibahe kwihangana

    Reply
  • Anonymous says:
    November 3, 2022 at 3:00 pm

    Birabaje pe , uyu mwana Imana imuhe iruhuko ridashira , gusa ndababaye , ndababaye cyane , uyu mwana namukundaga!

    Davido Imana igukomeze pe kuko kubyakira biragoye gusa Umwana wawe yagiye aheza mu ijuru.

    Reply
  • DAMGZO says:
    November 3, 2022 at 3:01 pm

    Birabaje pe , uyu mwana Imana imuhe iruhuko ridashira , gusa ndababaye , ndababaye cyane , uyu mwana namukundaga!
    Davido Imana igukomeze pe kuko kubyakira biragoye gusa Umwana wawe yagiye aheza mu ijuru.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yafunze uwengaga umutobe wiswe ‘Ndakubiwe’, imena litiro 80 zawo

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, ku bufatanye n’abaturage bo mu Murenge…

Ruhango: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Polisi ikorera mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango ku bufatanye…

Leta ya DRC na AFC/M23 bateye intambe ikomeye izabafasha kubera ku mahoro arambye

Abahagarariye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 riburwanya, bashyize…

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imyidagaduro

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

1 Min Read
Imyidagaduro

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?