BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Byasabye imanza ngo ajye mu nkoko; Keddy byanze

Byasabye imanza ngo ajye mu nkoko; Keddy byanze

admin
Last updated: July 23, 2022 9:38 am
admin
Share
SHARE

Mu Ukwakira 2020, ni bwo ikipe ya APR FC yatangaje ko yegukanye bidasubirwaho Nsanzimfura Keddy iyi kipe yakuye muri Kiyovu Sports.

Imyitozo ye ya mbere yagaragaje ubushobozi budasanzwe

Nyuma yo gusinyisha uyu mukinnyi amasezerano, ikipe ya Kiyovu Sports yo yavugaga ko APR FC yabikoze mu buryo bunyuranyije n’amategeko, mu gihe ikipe y’Ingabo nayo yashinje iyo ku Mumena gukora amakosa mu masezerano yari ifitanye na Keddy.

Uyu mukinnyi ukina hagati afasha ba rutahizamu, ntabwo yahiriwe n’ibihe yagiriye muri iyi kipe kuva yayigeramo kuko atigeze abona umwanya uhagije wo gukina.

Uyu musore ufite impano yo gukina umupira w’amaguru, ubu ntacyitwa umukinnyi wa APR FC kuko yabwiwe ko agomba gusohoka mu cyumba yararagamo mu nzu icumbikirwamo abakinnyi b’iyi kipe iherereye ku Kimihurura.

Keddy amakuru avuga yo yohererejwe ubutumwa na Mupenzi Eto’o ushinzwe igura n’igurisha ry’abakinnyi muri APR FC, abwirwa ko atakiri umukinnyi w’iyi kipe nyamara yari agifite amasezerano y’umwaka umwe.

Amakuru avuga ko kimwe mu byabaye imbarutso yo kwirukanwa kw’uyu musore, ni uko yasabye ko yahabwa amahirwe yo kujya gushaka indi kipe yazabonamo umwanya wo gukina.

N’ubwo uyu musore atacyitwa umukinnyi wa APR FC, ariko ntarahabwa ibaruwa imurekura [Release letter] kugira ngo abe yakwishakira aho yerekeza. Gusa aravugwa mu makipe arimo Police FC.

Undi mukinnyi bivugwa ko ikipe y’Ingabo yamaze gusezerera, ni myugariro Nsabimana Aimable nawe wari ugifite amasezerano y’umwaka umwe.

Keddy akiza muri APR FC yari yishimiwe na Adil Erradi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Dsp says:
    July 23, 2022 at 6:45 pm

    Iyo yigumira muri kiyovu

    Reply

Leave a Reply to Dsp Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo avuga ko ibihano bibogamye bifatirwa…

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

Minisitiri w'Imari n'Ingenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko hari ingamba Leta y'u Rwanda…

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wanyomoje Minisitiri Patrick Muyaya wa…

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani…

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?