BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Byasabye imanza ngo ajye mu nkoko; Keddy byanze

Byasabye imanza ngo ajye mu nkoko; Keddy byanze

admin
Last updated: July 23, 2022 9:38 am
admin
Share
SHARE

Mu Ukwakira 2020, ni bwo ikipe ya APR FC yatangaje ko yegukanye bidasubirwaho Nsanzimfura Keddy iyi kipe yakuye muri Kiyovu Sports.

Imyitozo ye ya mbere yagaragaje ubushobozi budasanzwe

Nyuma yo gusinyisha uyu mukinnyi amasezerano, ikipe ya Kiyovu Sports yo yavugaga ko APR FC yabikoze mu buryo bunyuranyije n’amategeko, mu gihe ikipe y’Ingabo nayo yashinje iyo ku Mumena gukora amakosa mu masezerano yari ifitanye na Keddy.

Uyu mukinnyi ukina hagati afasha ba rutahizamu, ntabwo yahiriwe n’ibihe yagiriye muri iyi kipe kuva yayigeramo kuko atigeze abona umwanya uhagije wo gukina.

Uyu musore ufite impano yo gukina umupira w’amaguru, ubu ntacyitwa umukinnyi wa APR FC kuko yabwiwe ko agomba gusohoka mu cyumba yararagamo mu nzu icumbikirwamo abakinnyi b’iyi kipe iherereye ku Kimihurura.

Keddy amakuru avuga yo yohererejwe ubutumwa na Mupenzi Eto’o ushinzwe igura n’igurisha ry’abakinnyi muri APR FC, abwirwa ko atakiri umukinnyi w’iyi kipe nyamara yari agifite amasezerano y’umwaka umwe.

Amakuru avuga ko kimwe mu byabaye imbarutso yo kwirukanwa kw’uyu musore, ni uko yasabye ko yahabwa amahirwe yo kujya gushaka indi kipe yazabonamo umwanya wo gukina.

N’ubwo uyu musore atacyitwa umukinnyi wa APR FC, ariko ntarahabwa ibaruwa imurekura [Release letter] kugira ngo abe yakwishakira aho yerekeza. Gusa aravugwa mu makipe arimo Police FC.

Undi mukinnyi bivugwa ko ikipe y’Ingabo yamaze gusezerera, ni myugariro Nsabimana Aimable nawe wari ugifite amasezerano y’umwaka umwe.

Keddy akiza muri APR FC yari yishimiwe na Adil Erradi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Dsp says:
    July 23, 2022 at 6:45 pm

    Iyo yigumira muri kiyovu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?