BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

sam
Last updated: July 30, 2025 11:38 am
sam
Share
SHARE

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa n’abo babanye muri urwo rugendo ndetse n’inshuti ze, cyane ko kizahurirana n’ibirori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko.

Iki gitaramo giteganyijwe ku wa 9 Kanama 2025 muri Kigali Universe, kikazitabirwa n’abatumiwe gusa.

Mu kiganiro na IGIHE, Uhujimfura Jean Claude ureberera inyungu za Bwiza binyuze muri KIKAC Music, yavuze ko bateguye iki gitaramo ku mpamvu zirimo kwifatanya n’uyu mukobwa ku munsi we w’amavuko ariko anizihiza imyaka ine amaze mu muziki.

Ati “Bizaba ari umunsi mukuru w’isabukuru ya Bwiza, hanyuma azaba yizihiza imyaka ine amaze mu muziki. Tuzagira umwanya wo kumva album ze cyane ko atarazikorera ibitaramo byo kuzimurika mu Rwanda.”

Uhujimfura yavuze ko batekereje gutegura igitaramo kigenewe abatumiwe gusa kuko abenshi muri bo ari abo bakoranye mu myaka ine Bwiza amaze mu muziki, baniganjemo abatabasha kwitabira ibitaramo bisanzwe.

Ati “Abakunzi b’umuziki twahuriye mu bitaramo bitandukanye kandi n’ubu tubatekerezaho, ariko uyu uzaba ari umwanya wo guhura na ba bantu twatangiranye cyangwa twagendanye uru rugendo. Barimo abafatanyabikorwa bacu n’inshuti za Bwiza!”

Bwiza afite album ebyiri zirimo ‘My Dream’ yasohoye mu 2023 ndetse na ‘25 Shades’ yasohoye mu 2024.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

1 Min Read
Imyidagaduro

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?