BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Feb 20, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Bobi Wine yasabwe kureka imikino y’injangwe n’imbeba

Bobi Wine yasabwe kureka imikino y’injangwe n’imbeba

admin
Last updated: February 20, 2026 7:32 pm
admin
Share
SHARE

Perezida w’ihuriro ry’amashyaka riharanira Impinduka za Demokarasi (Forum for Democratic Change), Patrick Amuriat Oboi, yabwiye Bobi Wine w’ishyaka rya NUP kureka kwihisha, ibyo we yise umukino w‘imikino y’injangwe n’imbeba’.

Umuhanzi Bobi Wine waje guhinduka umunyapolitiki aheruka kugaragara mu ruhame ku wa 15 Mutarama 2025, nyuma yo gutsindwa mu matora ya perezida muri Uganda, we akavuga ko ingabo za Uganda zagabye igitero ku rugo rwe zikarugota ariko akazica mu rihumye agatoroka.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ubwo yagezaga ijambo ku nama yiga ku burenganzira bwa muntu na demokarasi yabereye i Genève, yashimangiye ko akiri mu buhungiro. Gusa ntiyari i Genève kuko yari mu nzu yamanitsemo ibengera ry’igihugu ku rukuta.

Ku wa 20 Gashyantare 2026, Amuriat yatangaje ko abayobozi b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi baba bashaka kwifata kugira ngo barebe ko bageza ku wundi munsi; ariko ngo ni cyo gihe ubuyobozi bukenewemo kandi ko bisaba kwitanga.

Akomeza agira ati “Ni mu bihe abantu bagomba kwitegura gutanga ikiguzi gishoboka cyose harimo no kuba batakaza ubuzima ku gihugu cyabo, icyo ni cyo gihe abayobozi bahamagarwa kugaragaza ubuyobozi.”

Amuriat yavuze ko iyo aza kuba ari mu mwanya wa Bobi Wine yari kureka “imikino y’injangwe n’imbeba” agafata umwanzuro wo kuyobora abamushyigikiye ku mugaragaro.

Kuri Amuriat, ukwihisha kw’igihe kirekire kwa Bobi Wine guteye inkeke kuko bituma abamushyigikiye basigara mu kavuyo kandi bafite ubwoba.

Yaburiraga Bobi ko abamushyigikiye baziyumva nk’abadafite umuyobozi cyangwa bongere babifate nk’aho yagiye mu bwihisho kubera ubwoba.

Komisiyo y’Amatora ya Uganda yatangaje ko mu Matora ya Perezida ya 2026 yarangiye Perezida Yoweri Museveni yatsinze ku bwiganze bw’amajwi 71,4% mu gihe mukeba we Boibi Wine yamukurikiye n’amajwi 24,7%.

Bobi Wine n’ishyaka rye, NUP, banze kwemera ibyavuye mu matora bashinja iyi Komisiyo amanyanga no kumwiba amajwi.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Minisiteri y’ikoranabuhanga n’Itumanaho yahakanye ibya ‘Monetisation’

Babinyujije kuri X Minisiteri y'ikoranabuhanga n'Itumanaho na Inovasiyo yanditse iti"Amakuru y'ibihuha". Ku…

Bobi Wine yasabwe kureka imikino y’injangwe n’imbeba

Perezida w’ihuriro ry’amashyaka riharanira Impinduka za Demokarasi (Forum for Democratic Change), Patrick…

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko rigiye kurekura abasirikare 230 ba Repubulika Iharanira Demokarasi…

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryamaganye guceceka…

Perezida Kagame yakiriye intumwa za EU baganira ku mutekano wo muri RDC mutekano wo mu karere ndetse n’ubufatanye.

Yasabye ko amasezerano y’amahoro u Rwanda na RDC byasinyiye i Washington muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRCongo yongeye ku rutonde ikirombe cya Rubaya mu byo yemereye Amerika 

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Vatican yanze kwinjira muri gahunda y’amahoro ya Amerik

2 Min Read
Mu mahanga

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

1 Min Read
Mu mahanga

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?