Perezida w’ihuriro ry’amashyaka riharanira Impinduka za Demokarasi (Forum for Democratic Change), Patrick Amuriat Oboi, yabwiye Bobi Wine w’ishyaka rya NUP kureka kwihisha, ibyo we yise umukino w‘imikino y’injangwe n’imbeba’.
Umuhanzi Bobi Wine waje guhinduka umunyapolitiki aheruka kugaragara mu ruhame ku wa 15 Mutarama 2025, nyuma yo gutsindwa mu matora ya perezida muri Uganda, we akavuga ko ingabo za Uganda zagabye igitero ku rugo rwe zikarugota ariko akazica mu rihumye agatoroka.
Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ubwo yagezaga ijambo ku nama yiga ku burenganzira bwa muntu na demokarasi yabereye i Genève, yashimangiye ko akiri mu buhungiro. Gusa ntiyari i Genève kuko yari mu nzu yamanitsemo ibengera ry’igihugu ku rukuta.
Ku wa 20 Gashyantare 2026, Amuriat yatangaje ko abayobozi b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi baba bashaka kwifata kugira ngo barebe ko bageza ku wundi munsi; ariko ngo ni cyo gihe ubuyobozi bukenewemo kandi ko bisaba kwitanga.
Akomeza agira ati “Ni mu bihe abantu bagomba kwitegura gutanga ikiguzi gishoboka cyose harimo no kuba batakaza ubuzima ku gihugu cyabo, icyo ni cyo gihe abayobozi bahamagarwa kugaragaza ubuyobozi.”
Amuriat yavuze ko iyo aza kuba ari mu mwanya wa Bobi Wine yari kureka “imikino y’injangwe n’imbeba” agafata umwanzuro wo kuyobora abamushyigikiye ku mugaragaro.
Kuri Amuriat, ukwihisha kw’igihe kirekire kwa Bobi Wine guteye inkeke kuko bituma abamushyigikiye basigara mu kavuyo kandi bafite ubwoba.
Yaburiraga Bobi ko abamushyigikiye baziyumva nk’abadafite umuyobozi cyangwa bongere babifate nk’aho yagiye mu bwihisho kubera ubwoba.
Komisiyo y’Amatora ya Uganda yatangaje ko mu Matora ya Perezida ya 2026 yarangiye Perezida Yoweri Museveni yatsinze ku bwiganze bw’amajwi 71,4% mu gihe mukeba we Boibi Wine yamukurikiye n’amajwi 24,7%.
Bobi Wine n’ishyaka rye, NUP, banze kwemera ibyavuye mu matora bashinja iyi Komisiyo amanyanga no kumwiba amajwi.
