BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 23, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Biruta asaba Abakoloni kuza gutanga umuti w’ibibazo bateje hagati y’u Rwanda na Congo

Biruta asaba Abakoloni kuza gutanga umuti w’ibibazo bateje hagati y’u Rwanda na Congo

admin
Last updated: January 27, 2023 9:10 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta yatangaje ko abakoloni bagize uruhare mu gukqta imipaka ihuza ibihugu by’Akarere ariryo zingiro ry’umutekano mucye muri Congo, bityo ko ari bo  bakwiye kubisobanura aho kubyikoreza u Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta ubwo yasobanuraga ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Congo

Ibi yabitangaje kuri uyu uyu wa Kane tariki ya 26 Mutarama, 2023 ubwo yasobanuriraga Inteko Rusange y’Abadepite uko umubano w’u Rwanda n’ibihugu byo mu karere wifashe.

Dr Vincent Biruta yabanje kugaruka ku mubano w’ibihugu nka Uganda, u Burundi, Tanzania, Kenya na Sudani y’Epfo, byose agaragaza ko wifashe neza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane yatinze cyane kuri Repubuka Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragara ko ubu umubano wifashe nabi.

Yasobanuye imvo n’imvano y’Umutekano mucye muri Congo, uza ugakora ku Rwanda, agaragaza ko imitwe ihakorera irimo FDLR n’indi ariyo ikunze kugarukwaho cyane mu yihungabanya umutekano.

Yagize ati “Mu mateka yacu habayeho ubukoloni. Ubukoloni bwazanye n’imipaka, bayishyira aho bashaka bituma hari Abanyarwanda basigaye hanze y’u Rwanda, hanze y’imipaka yashyizweho n’Abakoloni. Hari uduce twari utw’u Rwanda ubu tubarizwa muri Kivu zombi twegetswe kuri Congo.”

Avuga ko kandi ko hari abandi Banyarwanda bagiye muri Congo bagiye ku gahato cyangwa babitewe n’ubuhunzi.

Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga asobanura ko mu gihe u Rwanda rwahagarikaga Jenoside yakorewe Abatutsi, Interahamwe za EX-FAR zari zahungiye muri Congo, zagezeyo zitangira gukora imyitozo ya gisirikare mu nkambi zari zicumbikiyemo, ndetse u Rwanda rurabigaragaza nk’ibiteje ikibazo.

Yavuze ko impunzi z’abanye-Congo  b’Abatutsi bavuga Ikinyarwanda batangiye kwicwa bamwe bahungira mu Rwanda.

Avuga ko kubera gutotezwa kw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, havutse umutwe wirwanaho ari nabwo CNDP wavutse nyuma waje kuvukamo uwa M23, u Rwanda rushinjwa gutera inkunga.

Dr Biruta yavuze ko Congo ikwiye gukemura ikibazo aho gukomeza kwitwaza u Rwanda.

Ati “Bavuga iyo baje baturuka bakavuga u Rwanda, nyamara bigaragara ko u Rwanda abahungiyeyo bari bagihari. Ni uko umubano watangiye gusubira inyuma kugeza aho bigeze uyu mwanya.”

Dr Vincent Biruta yavuze ko u Rwanda rutaryozwa amateka ko ahubwo abakase imipaka ari bo bakwiye kubisobanura.

Yagize ati “Niba hari uwari ufite ibyo asubiza muri ibi bibazo, abambere bari bakwiye kuba abagize uruhare mu gukata iriya mipaka.

Abagize uruhare mu kujyana Abanyarwanda gukora muri Congo. Abakoze ibyo uyu munsi bagombye kuba bafite ibyo basobanura cyangwa se nibura bavuga bati hari amakosa twakoze yagize ingaruka mu mateka mu bihugu.”

Yakomeje ati “Abo bose bagiye hariya, bazi ikigombwa gukorwa, baravuga u Rwanda, u Rwanda, ahubwo barihe ko na bo bakagombye kuba babazwa ingaruka z’ibyo bakoze muri aka Karere, ariko uyu munsi ugasanga bari mu bantu batanga amasomo, bareba abanyabyaha.”

Umubano wa Congo n’u Rwanda uko bwije n’uko bucyeye urarushaho kuba mubi nubwo hakomeje gushakishwa icyatuma ujya mu buryo.

“Uko bazaza niko bazakirwa”, Minisitiri Biruta avuga igihe Congo yatera u Rwanda

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

Ubwegure butunguranye bwa Visi-Perezida w’u Buhinde wari unayoboye Inteko Ishinga Amategeko umutwe…

Nyarugenge: Umugore yaguwe gitumo na Polisi afite ibiro bibiri by’urumogi

Kuri uyu wa  22 Nyakanga 2025, Polisi ifatanije n’abaturage yafashe umugore witwa…

Umugore yakanze imyanya y’ibanga y’umugabo we kugeza ivuyemo amaraso

Umugore w’imyaka 57 wo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza,…

U Rwanda rugiye gushyira amarerero mu bigo bya Polisi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yatangaje ko hagiye gushyirwaho…

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

Mwitende Abdoulkarim wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Burikantu yatawe muri yombi,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?