BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Biravugwa: Nishimwe Blaise ashobora gusanga papa we muri Kiyovu

Biravugwa: Nishimwe Blaise ashobora gusanga papa we muri Kiyovu

admin
Last updated: December 13, 2022 11:57 pm
admin
Share
SHARE

Umukinnyi wo hagati w’ikipe ya Rayon Sports, Nishimwe Blaise aravugwa mu ikipe ya Kiyovu Sports itozwa n’umubyeyi we, Mateso Jean de Dieu.

Nishimwe Blaise ashobora gusanga umubyeyi we muri Kiyovu Sports

Muri Mutarama wa 2023, amakipe yose afite imyanya kandi abyifuza, azaba yemerewe kongeramo abandi bakinnyi bazayafasha.

Imwe mu makipe izajya ku isoko ry’igura n’igurisha, ni Kiyovu Sports nk’uko na Mateso Jean de Dieu aherutse kubyemerera itangazamakuru.

Umwe mu bakinnyi batangiye kuvugwa muri iyi kipe, ni Nishimwe Blaise ukinira Rayon Sports, cyane ko uyu mukinnyi amaze iminsi atanishimiye kudahabwa umwanya uhagije muri iyi kipe.

Uwahaye amakuru UMUSEKE, yavuze ko hashobora kuba harimo ibiganiro hagati y’uyu mukinnyi n’ikipe mu buryo bw’ibanga rikomeye.

Abavuga ibi kandi, babihuza no kuba abakinnyi Kiyovu Sports ifite bakina hagati barimo Bigirimana Abedi na mugenzi we, Nshimirimana Ismaël Pichou, bashobora kutazayongerera amasezerano.

Ariko kandi bakanabihuza no kuba Mateso ubyara Blaise, afite ijambo ryumvikana n’ubwo atari we ufata icyemezo cya nyuma.

UMUSEKE wifuje kubaza ubuyobozi bwa Kiyovu Sports niba hari icyo bwaba buzi kuri aya makuru, ariko Perezida wa yo, Mvukiyehe Juvénal ntiyabasha kwitaba telefoni ye igendanwa.

Uyu musore ufite impano yo gukina umupira w’amaguru, aherutse no kwifuzwa na APR FC mu mwaka w’imikino wa 2020/2021 ariko ikipe ye yanga kumugurisha.

Blaise yaje muri Rayon Sports avuye muri Marines FC, na yo yari yagiyemo avuye mu Intare FC. Ari mu mwaka we wa nyuma w’amasezerano.

Blaise ntakibona umwanya uhagije wo gukina muri Rayon Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • BYINZUKI Jean Baptiste says:
    December 15, 2022 at 8:25 am

    Nubundi ntacyo yaragikora………Nagende rwose azabasha kubona umwanya uhagije wo gukina.

    Reply

Leave a Reply to BYINZUKI Jean Baptiste Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?