BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Biravugwa: Nishimwe Blaise ashobora gusanga papa we muri Kiyovu

Biravugwa: Nishimwe Blaise ashobora gusanga papa we muri Kiyovu

admin
Last updated: December 13, 2022 11:57 pm
admin
Share
SHARE

Umukinnyi wo hagati w’ikipe ya Rayon Sports, Nishimwe Blaise aravugwa mu ikipe ya Kiyovu Sports itozwa n’umubyeyi we, Mateso Jean de Dieu.

Nishimwe Blaise ashobora gusanga umubyeyi we muri Kiyovu Sports

Muri Mutarama wa 2023, amakipe yose afite imyanya kandi abyifuza, azaba yemerewe kongeramo abandi bakinnyi bazayafasha.

Imwe mu makipe izajya ku isoko ry’igura n’igurisha, ni Kiyovu Sports nk’uko na Mateso Jean de Dieu aherutse kubyemerera itangazamakuru.

Umwe mu bakinnyi batangiye kuvugwa muri iyi kipe, ni Nishimwe Blaise ukinira Rayon Sports, cyane ko uyu mukinnyi amaze iminsi atanishimiye kudahabwa umwanya uhagije muri iyi kipe.

Uwahaye amakuru UMUSEKE, yavuze ko hashobora kuba harimo ibiganiro hagati y’uyu mukinnyi n’ikipe mu buryo bw’ibanga rikomeye.

Abavuga ibi kandi, babihuza no kuba abakinnyi Kiyovu Sports ifite bakina hagati barimo Bigirimana Abedi na mugenzi we, Nshimirimana Ismaël Pichou, bashobora kutazayongerera amasezerano.

Ariko kandi bakanabihuza no kuba Mateso ubyara Blaise, afite ijambo ryumvikana n’ubwo atari we ufata icyemezo cya nyuma.

UMUSEKE wifuje kubaza ubuyobozi bwa Kiyovu Sports niba hari icyo bwaba buzi kuri aya makuru, ariko Perezida wa yo, Mvukiyehe Juvénal ntiyabasha kwitaba telefoni ye igendanwa.

Uyu musore ufite impano yo gukina umupira w’amaguru, aherutse no kwifuzwa na APR FC mu mwaka w’imikino wa 2020/2021 ariko ikipe ye yanga kumugurisha.

Blaise yaje muri Rayon Sports avuye muri Marines FC, na yo yari yagiyemo avuye mu Intare FC. Ari mu mwaka we wa nyuma w’amasezerano.

Blaise ntakibona umwanya uhagije wo gukina muri Rayon Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • BYINZUKI Jean Baptiste says:
    December 15, 2022 at 8:25 am

    Nubundi ntacyo yaragikora………Nagende rwose azabasha kubona umwanya uhagije wo gukina.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?