BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Banki yo mu Budage yibwe miliyoni 35$

Banki yo mu Budage yibwe miliyoni 35$

admin
Last updated: December 31, 2025 10:29 am
admin
Share
SHARE

Polisi yo mu Budage yatangaje ko mu bihe bya Noheli abajura bibye Banki yo mu Mujyi wa Gelsenkirchen miliyoni 35 $, angana na 95% by’amafaranga yari abitswe muri iyi banki.

Polisi yatangaje ko ibyo bikorwa by’ubujura byabaye hagati yo mu ijoro ryo ku wa 27 Ukuboza no ku wa 28 Ukuboza 2025, aho abo bajura baciye mu rihumye abashinzwe umutekano maze bacukura igikuta kiri ahabikwa amafaranga.

Nyuma yo kwinjira muri ubu bubiko bw’amafaranga, aba bajura bafunguye udusanduku turenga 3000 bibamo amafaranga yari abitswemo y’abantu barenga ibihumbi 2700 bo muri uwo mujyi.

Polisi yageze kuri iyi Banki Saa Kumi za mu gitondo zo ku wa 28 Ukuboza maze isanga nta mafaranga na make asigaye muri iyi banki.

Umuvugizi wa Polisi yo muri aka gace yatangaje ko abashinzwe iperereza bavuze ko batekereza ko aba bajura bakoresheje ibikoresho byo mu rwego ruhambaye kugira ngo bacukure ahari habitswe ayo mafaranga.

Ati “Ubu bujura bwakozwe mu buryo bwa kinyamwuga kubera ko bakoresheje ibikoresho byo ku rwego rwo hejuru.”

Ku wa 30 Ukuboza, abakiliya b’iyi banki batangiye kwigaragambya basaba ibisobanuro by’impamvu iyi banki ifunzwe ariko yo yagaragaje ko byibura 95% by’amafaranga yari abitswe yibwe.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

U Budage: Umuforomo yishe abarwayi agamije kwiyorohereza akazi

2 Min Read
Mu mahanga

Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

1 Min Read
Mu mahanga

Kinshasa: Abakekwaho ubujura barenga ibihumbi 7 bafunzwe

1 Min Read
Mu mahanga

U Bufaransa: Abantu 10 bakatiwe n’urukiko bazira kwibasira umugore wa Perezida

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?