BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Ali Kiba yemeje ko azataramira I Kigali mu gitaramo cyo kwizihiriza imyaka itanu Kevin Kade amaze mu muziki

Ali Kiba yemeje ko azataramira I Kigali mu gitaramo cyo kwizihiriza imyaka itanu Kevin Kade amaze mu muziki

admin
Last updated: December 29, 2025 9:34 am
admin
Share
SHARE

 

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Ali Saleh Kiba uzwi nka Ali Kiba, yemeje ko agiye gutaramira i Kigali mu gitaramo cyo kwizihiza imyaka itanu ishize Ngabo Richard uzwi nka Kevin Kade, akora umuziki.

Iki gitaramo cyiswe ‘The Last Night by Kevin Kade’ kizabera ku mbuga ya Rond-point ya Kigali Convention Centre, ku wa Gatatu, tariki 31 Ukuboza 2025.

Abandi bahanzi batumiwe muri iki gitaramo barimo Bushali, Bull Dogg, Bwiza, Riderman, Ruti Joel, Kenny K-Shot, Bruce The 1St, Shemi, Angell Mutoni, Diez Dola, Ariel Wayz n’abandi.
Ni igitaramo Kandi cyatewe inkunga n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo uruganda rwa Skol binyuze mu kinyobwa cya Skol Malt, ndetse na MTN Rwanda binyuze muri gahunda ya MTN Mobile Money, aho yavuze ko iyo nkunga yagize uruhare runini mu gutegura iki gikorwa ku rwego rwo hejuru.

Kevin Kade yatangaje ko yifuza ko iki gitaramo kizaba umwanya wo gusangira n’abafana be, akabashimira urukundo bamugaragarije mu myaka ishize, ndetse kikazaba n’intangiriro y’indi myitwarire mishya mu muziki we no mu bikorwa ateganya mu 2026.

Muri iyi myaka Kevin Kade amaze yataramiye mu bihugu bitandukanye birimo Uganda ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uretse gutaramira mu bihugu by’amahanga byinshi, Kevin Kade yakoranye n’abahazi bafite amazina akomeye ku ruhando rwa Afurika barimo The Ben na Al Kiba wo muri Tanzania.

Kade asanzwe ari umwe mu bize mu Ishuri ry’Umuziki ry’u Rwanda rizwi nko ku Nyundo aho ari muri ‘Promotion’ ya 2017-2019.

Ali Kiba watumiwe na Kevin Kade yaherukaga kuririmbira mu Rwanda mu gitaramo cya East African Party cyabaye ku wa 1 Mutarama 2018.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

IShowSpeed yageze mu Rwanda mu ibanga rikomeye

2 Min Read
Imyidagaduro

Dr Claude yabitswe ari muzima

1 Min Read
Imyidagaduro

Umunyamakuru wa Radio/TV 10 Taikun Ndahiro yafunguwe

2 Min Read
Imyidagaduro

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?