BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Imodoka itarimo umushoferi yagonze abanyamahanga babiri

Imodoka itarimo umushoferi yagonze abanyamahanga babiri

admin
Last updated: November 2, 2022 5:06 pm
admin
Share
SHARE

Nyanza: Ahagana saa saba z’igicamunsi, imodoka yari iparitse, yaje kugenda nta muntu uyirimo igonga abanyamahanga babiri ndetse barakomereka.

Imodoka yari iparitse babona iragiye, ndetse igonga abantu

Kuri uyu wa 02 Ugushyingo 2022 umunyamakuru wa UMUSEKE yageze ahabereye impanuka y’imodoka y’uruganda rutunganya amata rwa Nyanza Milk Dairy, hari Abapolisi n’abantu benshi.

Ababibyonye basobanuriraga abapolisi ko imodoka yari iparitse kuri sitasiyo ya SP, umushoferi agiye gufata ifunguro rya saa sita nyuma agarutse arayibura.

Umwe mu barebaga iyo mpanuka yabwiye UMUSEKE ko imodoka babonye igiye nta muntu uyitwaye, babona irikatishije igwa mu mufurege.

Ugereranyije yakoze urugendo rwa metero mirongo itanu nta muntu uyitwaye kandi yagendaga itaka.

Ati “Niba ari amadayimoni, natwe byatuyobeye kuko twe twabibonye tuvuza induru, abantu bava mu nzira noneho abanyamahanga biga muri ILPD kuko batumva Ikinyarwanda, bashiduku ibagonze barakomereka.”

Uriya muturage yakomeje avuga ko imbangukiragutabara yahise iza ijyana abo banyamahanga ku Bitaro bya Nyanza ngo bitabweho, imodoka za polisi ziza kureba ibibaye.

Hari amakuru avuga ko imodoka za ruriya ruganda zishaje.

Ababonye iyi modoka igenda itarimo umushoferi bavugije indura baratangara ngo ni “amadayimoni”
Imodoka yari iparitse babona iratoromye mu muhanda, yagenze nka m 50
Abapolisi bahise bahagera ngo bamenye ibibaye

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Utuntu n'utundi

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?