BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Imodoka itarimo umushoferi yagonze abanyamahanga babiri

Imodoka itarimo umushoferi yagonze abanyamahanga babiri

admin
Last updated: November 2, 2022 5:06 pm
admin
Share
SHARE

Nyanza: Ahagana saa saba z’igicamunsi, imodoka yari iparitse, yaje kugenda nta muntu uyirimo igonga abanyamahanga babiri ndetse barakomereka.

Imodoka yari iparitse babona iragiye, ndetse igonga abantu

Kuri uyu wa 02 Ugushyingo 2022 umunyamakuru wa UMUSEKE yageze ahabereye impanuka y’imodoka y’uruganda rutunganya amata rwa Nyanza Milk Dairy, hari Abapolisi n’abantu benshi.

Ababibyonye basobanuriraga abapolisi ko imodoka yari iparitse kuri sitasiyo ya SP, umushoferi agiye gufata ifunguro rya saa sita nyuma agarutse arayibura.

Umwe mu barebaga iyo mpanuka yabwiye UMUSEKE ko imodoka babonye igiye nta muntu uyitwaye, babona irikatishije igwa mu mufurege.

Ugereranyije yakoze urugendo rwa metero mirongo itanu nta muntu uyitwaye kandi yagendaga itaka.

Ati “Niba ari amadayimoni, natwe byatuyobeye kuko twe twabibonye tuvuza induru, abantu bava mu nzira noneho abanyamahanga biga muri ILPD kuko batumva Ikinyarwanda, bashiduku ibagonze barakomereka.”

Uriya muturage yakomeje avuga ko imbangukiragutabara yahise iza ijyana abo banyamahanga ku Bitaro bya Nyanza ngo bitabweho, imodoka za polisi ziza kureba ibibaye.

Hari amakuru avuga ko imodoka za ruriya ruganda zishaje.

Ababonye iyi modoka igenda itarimo umushoferi bavugije indura baratangara ngo ni “amadayimoni”
Imodoka yari iparitse babona iratoromye mu muhanda, yagenze nka m 50
Abapolisi bahise bahagera ngo bamenye ibibaye

Théogène NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?