BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > AFC/M23 yahishuye uko yavuganaga na Tshisekedi ikimara gufata Bunagana

AFC/M23 yahishuye uko yavuganaga na Tshisekedi ikimara gufata Bunagana

admin
Last updated: January 28, 2026 4:09 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bwatangaje ko bwigeze kugerageza kwegera Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, nyuma yo gufata umujyi wa Bunagana, mu rwego rwo gushaka inzira ya politiki yahagarika imirwano, ariko ngo icyo cyifuzo cyateshejwe agaciro.

Muri Kamena 2022 ni bwo M23 yafashe uriya mujyi uherereye ku mupaka wa Congo na Uganda, nyuma y’amezi agera kuri arindwi yari imaze iri mu mirwano n’ingabo za Leta ya Kinshasa.

Impande zombi zagiye mu ntambara, mu gihe hari hashize igihe gito zigiranye ibiganiro byari bigamije gushakira umuti ibibazo birimo amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo, ndetse n’icy’impunzi z’abanye-Congo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bari bamaze imyaka myinshi barahunze.

Dr. Oscar Balinda, Umuvugizi wungirije wa M23, yavuze ko intumwa z’uyu mutwe zari zaragiye i Kinshasa aho zamaze igihe kinini mu biganiro n’inzego za Leta, bagaragaza icyizere cyo kugera ku bwumvikane.

Yagize ati: “Twoherejeyo (i Kinshasa) intumwa, uyu [Lawrence] Kanyuka dukorana yari mu bagiyeyo, bamarayo amezi 14. Hari ibyo baganiriye, byari na byiza pe!”

“Baravuze bati ‘tuvange ingabo, twubake diviziyo ebyiri buri imwe ifite brigade eshatu, diviziyo imwe ijye mu burengerazuba bw’igihugu irinde umutekano w’inzego nshyashya zigiyeho’, kuko icyo gihe ntibari bizeye inzego Kabila asizeho, bati ‘noneho indi Diviziyo igende iwanyu mu burasirazuba ijye gukemura bya bibazo muhora muvuga by’umutekano muke bya FDLR, ADF; na ya miryango yanyu muvuga ko yaheze hanze itahe”.

Nyuma yo kwigarurira Bunagana, M23 ivuga ko yongeye kugerageza kwegera Perezida Tshisekedi imusaba ibiganiro bigamije guhagarika intambara, ariko ngo yasubijwe amagambo agaragaza ko adashyigikiye inzira y’ibiganiro.

Dr. Oscar Balinda avuga ko Tshisekedi yakomeje umugambi wo kujya atera M23 na yo ikirwanaho, kugeza ifashe ibice byinshi byo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Kuva icyo gihe, imirwano yakomeje mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyaruguru, aho M23 yagiye yigarurira uduce twinshi, harimo n’umujyi wa Goma umaze igihe ugenzurwa n’uyu mutwe.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

Etincelles FC yahagaritse Umutoza Masudi Djuma n’abungiriza be kubera umusaruro muke, ikipe…

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo…

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Umuyobozi w’ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei yatangaje ko igitero icyo ari…

Uganda: Gen. Muhoozi yavuze ko abashotora igihugu batuma kirwanirirwa

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko adatewe ubwoba n’abakomeje…

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton n’icyamamare Kim Kardashian,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru Nyamukuru

Gatsibo: Bahangayikishijwe n’ icyuzi gikomeje guhitana ubuzima bw’abatari bake

4 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Ba Ofisiye 47 basoje amahugurwa mu Ishuri Rikuru rya Polisi

2 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Umuvugizi wa FARDC yahagaritswe nyuma y’amagambo yibasira Abatutsi

4 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Walikale: FDLR yatwitse igiturage, inica abantu

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?