BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Feb 20, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

admin
Last updated: February 20, 2026 7:30 pm
admin
Share
SHARE

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko rigiye kurekura abasirikare 230 ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryafatiye mu Mujyi wa Goma mu mwaka ushize, n’abandi benshi barimo abarwanyi bo muri Wazalendo.

Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru w’iri huriro, Corneille Nangaa Yobeluo, nyuma yo kuganira na Komiseri w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) ushinzwe gukemura amakimbirane n’ibikorwa by’ubutabazi, Hadja Lahbib, wasuye Goma kuri uyu wa 20 Gashyantare 2026.

Nangaa yagize ati “Dufite abana 41 bahoze muri FARDC na Wazalendo. Twabafatiye i Goma, uyu munsi twafashe icyemezo cyo kubarekura. Twabonye n’abagore babarirwa mu 100 b’abasirikare ba FARDC n’aba Wazalendo, bafatiwe i Rumangabo. Na bo tugiye kubarekura.”

Yakomeje ati “Ikindi kandi, hari abasirikare 230 ba FARDC, bari kuvurirwa mu kigo cya gisirikare cya Katindo. Na bo tugiye kubarekura mu rwego rwo kugaragaza ko dushaka amahoro. Ntituri ba gashozantambara.”

Muri Mata 2025, na bwo abasirikare ba RDC n’abapolisi 1359 bari barahungiye mu bigo by’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bwa Loni (MONUSCO) mu nkengero za Goma, boherejwe i Kinshasa nyuma y’ibiganiro byahuje Komite mpuzamahanga ya Croix Rouge (ICRC) na AFC/M23.

Nangaa yagaragaje ko AFC/M23 ishyize imbere ibiganiro bya politiki kuko ari byo byazana amahoro kandi ko Leta ya RDC nitabyubahiriza, igashaka gukomeza intambara, iri huriro rizirwanaho nk’uko risanzwe ribigenza.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Minisiteri y’ikoranabuhanga n’Itumanaho yahakanye ibya ‘Monetisation’

Babinyujije kuri X Minisiteri y'ikoranabuhanga n'Itumanaho na Inovasiyo yanditse iti"Amakuru y'ibihuha". Ku…

Bobi Wine yasabwe kureka imikino y’injangwe n’imbeba

Perezida w’ihuriro ry’amashyaka riharanira Impinduka za Demokarasi (Forum for Democratic Change), Patrick…

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko rigiye kurekura abasirikare 230 ba Repubulika Iharanira Demokarasi…

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryamaganye guceceka…

Perezida Kagame yakiriye intumwa za EU baganira ku mutekano wo muri RDC mutekano wo mu karere ndetse n’ubufatanye.

Yasabye ko amasezerano y’amahoro u Rwanda na RDC byasinyiye i Washington muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?