BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Iyobokamana > Abayobozi b’imiryango ishingiye ku myemerere bishimiye amabwiriza mashya bashyiriweho na  RGB

Abayobozi b’imiryango ishingiye ku myemerere bishimiye amabwiriza mashya bashyiriweho na  RGB

sam
Last updated: March 11, 2025 8:24 am
sam
Share
SHARE

Abayobozi b’Imiryango ishingiye ku myemerere bavuga ko amabwiriza mashya yashyizweho n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, azaca akajagari kari muri iyi miryango katumye igera ku bihumbi 9800 ifungwa by’agateganyo

Urwego rw’imiyoborere rusobanura ko nta kwihanganira abagendana insengero mu mifuka, kubera ko hagamijwe kurengera Abanyarwanda, kuko ari nabo bakirisitu, abayoboke cyangwa abizera b’amadini n’amatorero.

Bamwe mu bayobozi b’iyi miryango bavuga ko nubwo bemerako kuyobora idini cyangwa itorero ari umuhamagaro w’Imana ariko uwahamagawe akwiye no kuba afite ibisabwa byose birimo n’ubwenge .

Aya mabwiriza mashya yashyizweho na RGB arimo ko umuyobozi n’umwungirije bagomba kuba bafite impamyabumenyi cyangwa impamyabushobozi mu by’iyobokamana ,barize mu mashuri makuru cyangwa kaminuza , kwishyura amafaranga miliyoni 2 yaserivise adasubizwa mu gihe ashaka ubuzima gatozi , inyandiko yemeza inyubako yihariye  yogusengeramo no kuba ugiye gushinga ishami asabwa imikono 1000 y’abamushyigikiye .

Gusa n’ubwo aya mabwiriza hari abayishimiye hari n’abandi basaba ko kuri iyingingo y’amafaranga yo gusaba ubuzima gatozi yatekerezwaho maze akagabanywa bavuga ko byibura bayashyira hagati y’ibihumbi Magana tanu na miliyoni.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, Dr Uwicyeza Doris Picard  avuga ko aya mabwiriza mashya hari ibyo aje gucyemura bitagendaga neza mu mikorere y’amadini n’amatorero.

Yagize ati: “Hari abo twagiye dusanga abagiye bafata umutungo w’abantu bakawikoreshereza ibyo bashaka nkaho ari umutungo bwite, hakaba n’ibibazo by’iyezandonke, abafata umwanya n’ibitekerezo by’abaturage bagakora ibyaha birenze kuba byafungwa gato.”

Dr Uwicyeza yanenze cyane abasa nk’aho bafashe bugwate abayoboke babo ntibagire indi mirimo y’iterambere bakora bakirirwa mu nsengero ndetse n’abajyana abantu mu bisambu aho abasenga bakunze kwita mu butayu.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Iyobokamana

Rusizi: Kiliziya Gatolika yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa Ingoro y’ubumwe n’ubwiyunge

3 Min Read
Iyobokamana

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

1 Min Read
Iyobokamana

DRC: Kiliziya yacucuwe n’abajura musenyeri ategeka ko ifungwa

1 Min Read
Iyobokamana

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru w’Igitambo uzwi nka EID AL ADHA.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?