Kuri uyu wa gatanu Abayisilamu bo hirya no hino mu gihugu bazindukiye mu Isengesho ryo kwizihiza Umunsi Mukuru uzwi nk’uw’Igitambo, Eid Al Adha.
Eidil-Ad’ha yizihizwa hazirikanwa igihe Aburahamu yari agiye gutamba umwana we Ismail, Imana ikamushumbusha intama.
Uyu munsi uzwi ku zina ry”Ilayidi’, ubanzirizwa n’isengesho rikurikirwa n’igikorwa cyo kubaga amatungo atambwamo ibitambo, agahabwa abatishoboye.
Ni wo Munsi Mukuru uza ku mwanya wa kabiri mu yizihizwa mu Idini ya Islam nyuma ya Eid al-Fitr.
Isengesho ry’uyu munsi ku rwego rw’igihugu ryabereye kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo guhera saa kumi n’ebyiri z’igitondo ryitabirwa n’abayisilamu benshi.
Kuri uyu munsi Abayisilamu bakora ibikorwa by’urukundo nko gufasha abakene no gusangira n’ abatishoboye.
Ni umunsi urangwa n’igikorwa cyo gukusanya amatungo yaba amagufi n’amaremare agatangwaho igitambo arimo intama, inka n’ihene ku buryo n’abakene bahabwa kuri ayo mafunguro bakajya kurya mu ngo zabo
Amatungo abagwa kuri uyu munsi ni akuze gusa aho amategeko y’idini ya Islam agena ko nk’ihene igomba kuba ifite umwaka, intama ikaba ifite amezi atandatu mu gihe inka igomba kuba ifite nk’imyaka ibiri. Mu bihugu bibamo ingamiya, igomba kuba ifite imyaka itanu.