BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abaturage batwitse imodoka za MONUSCO

Abaturage batwitse imodoka za MONUSCO

admin
Last updated: November 1, 2022 11:37 pm
admin
Share
SHARE

Ibitangazamakuru bikorera mu Burasirazuba bwa Congo bivuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, abaturage bahunze ingo zabo kubera intambara batwitse imodoka za MONUSCO.

Amafoto yagiye ahagaragara agaragaza imodoka yanditseho UN yatokombeye

Grands Lacs News kivuga ko imvururu zabereye ahitwa Kanyaruchinya hafi y’umujyi wa Goma, aho abaturage bahunze intambara ikomeje kubera muri Teritwari ya Rutshuru batwitse imodoka ebyiri za MONUSCO.

Ubwo twandikaga iyi nkuru ntacyo MONUSCO yari yagatangaza ku byabaye, gusa amakuru avuga ko abari batwaye izi modoka bashatse kunyura kuri bariyeri abaturage bashyize ku muhanda batabanje gusaba uburenganzira abapolisi.

Ikinyamakuru POLITICO.CD cyo kivuga ko ibyabaye byabereye i Goma, mu bilometero 3,5 uvuye ku cyicaro gikuru cya Pariki ya Virunga.

Kuri uyu wa Kabiri, ingabo zishinzwe kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo, MONUSCO zari zatangaje ko zavuye mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, mu rwego rwo “kujya kuvugana n’abandi bakorana ngo bategurire hamwe ibizakurikiraho.”

Gusa mu mirwano iheruka kubera muri Teritwari ya Rutshuru mu duce twafashwe n’inyeshyamba za M23 harimo Rumangabo, na Kiwanja.

Hari andi makuru avuga ko abaturage batwitse ziriya modoka bavuga ko zitwaye inyeshyamba za M23.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • lg says:
    November 1, 2022 at 11:51 pm

    Ngubwo ubwenge bwabo ubwose ni M23 yazitwitse !!ibaze gufasha abantu bateye uko !!

    Reply
  • lg says:
    November 1, 2022 at 11:53 pm

    ubwose kandi ni M23 yatwitse ibaze gufasha abantu bameze kuriya

    Reply
  • Pingback: MONUSCO yasobanuye uko abaturage batwitse imodaka zayo, babiri bagakomereka – Umuseke

Leave a Reply to lg Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?