BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abaturage batwitse imodoka za MONUSCO

Abaturage batwitse imodoka za MONUSCO

admin
Last updated: November 1, 2022 11:37 pm
admin
Share
SHARE

Ibitangazamakuru bikorera mu Burasirazuba bwa Congo bivuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, abaturage bahunze ingo zabo kubera intambara batwitse imodoka za MONUSCO.

Amafoto yagiye ahagaragara agaragaza imodoka yanditseho UN yatokombeye

Grands Lacs News kivuga ko imvururu zabereye ahitwa Kanyaruchinya hafi y’umujyi wa Goma, aho abaturage bahunze intambara ikomeje kubera muri Teritwari ya Rutshuru batwitse imodoka ebyiri za MONUSCO.

Ubwo twandikaga iyi nkuru ntacyo MONUSCO yari yagatangaza ku byabaye, gusa amakuru avuga ko abari batwaye izi modoka bashatse kunyura kuri bariyeri abaturage bashyize ku muhanda batabanje gusaba uburenganzira abapolisi.

Ikinyamakuru POLITICO.CD cyo kivuga ko ibyabaye byabereye i Goma, mu bilometero 3,5 uvuye ku cyicaro gikuru cya Pariki ya Virunga.

Kuri uyu wa Kabiri, ingabo zishinzwe kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo, MONUSCO zari zatangaje ko zavuye mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, mu rwego rwo “kujya kuvugana n’abandi bakorana ngo bategurire hamwe ibizakurikiraho.”

Gusa mu mirwano iheruka kubera muri Teritwari ya Rutshuru mu duce twafashwe n’inyeshyamba za M23 harimo Rumangabo, na Kiwanja.

Hari andi makuru avuga ko abaturage batwitse ziriya modoka bavuga ko zitwaye inyeshyamba za M23.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • lg says:
    November 1, 2022 at 11:51 pm

    Ngubwo ubwenge bwabo ubwose ni M23 yazitwitse !!ibaze gufasha abantu bateye uko !!

    Reply
  • lg says:
    November 1, 2022 at 11:53 pm

    ubwose kandi ni M23 yatwitse ibaze gufasha abantu bameze kuriya

    Reply
  • Pingback: MONUSCO yasobanuye uko abaturage batwitse imodaka zayo, babiri bagakomereka – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

2 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Paul Mackenzie yongeye kuregwa ku rupfu rw’abandi bantu 52 nyuma y’abarenga 400 asanzwe akurikiranywaho

2 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Abakora mu bwikorezi bwo mu kirere bateguje imyigaragambyo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?