BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abantu Batanu bakomerekeye mu mpanuka  y’imodoka i Kigali

Abantu Batanu bakomerekeye mu mpanuka  y’imodoka i Kigali

admin
Last updated: December 22, 2022 1:19 am
admin
Share
SHARE

Mu Murenge wa Remera  mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Ukuboza 2022, habereye impanuka y’imodoka, abantu batanu barakomereka.

Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yagonze ibinyabiziga n’abantu hakomereka Batanu

Amakuru avuga ko iyi modoka yo mu bwoko bwa Fuso yavaga iRemera mu Giporoso yerekeza Sonatube Ropoint  muri Kicukiro, yacitse feri ubwo yari igeze mu Kagari ka Rukiri ya I mu Murenge wa Remera, hafi y’ahari kaminuza ya UTB,  igonga  ibinyabiziga  n’abagenzi, barakomereka cyane.

Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe  umutekano wo mu muhanda,SSP Irere Rene,yatangaje ko muri iyo mpanuka nta muntu wahise uhasiga  ubuzima  cyakora abakomeretse  bakorewe ubutabazi bw’ibanze.

Yagize ati”Muri izo modoka cyangwa muri izo moto yagendaga igonga,hari abakomeretse batanu.Batatu bajyanywe ku Bitaro bya Kaminuza ya Kigali CHUK,umwe ajyanywa ku Bitaro bya Nyarugenge,undi ajyanwa ku Bitaro bya Kanombe.”

SSP Irere yavuze ko bikekwa ko iyi Fuso yari ivuye gupakurura umuzigo bityo akagira inama abashoferi ko baba bakwiye kuyijyana mu igaraje.

Yakomeje ati”Nubwo bwose nta muzigo yari ifite ariko birumvikana ko ishobora kuba yari ivuye gupakurura.Buriya iyo imodoka imaze guoakurura yakagombye guhita ijya mu igaraje kugira ngo bamenye niba aho yaturutse uko yari imeze niba ariko ikimeze kugira ngo nibamara no gupakira undi muzigo bazasubireyo neza.”
Hashize igihe mu gihugu by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali hagaragara impanuka zitandukanye ndetse zikaba zatwara n’ubuzima bw’abantu
.”

Abasenateri baherutse gusaba ko uhagarariye guverinoma yazasobanura mu magambo ingamba zihari mu guhangana n’impanuka zikomeje kugaragara.

Abagize Sena muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahnga, Ubutwererane,Umutekano   muri raporo yayo  bakoze ,igaragaza ko impanuka zo mu mihanda  zavuye  4,160 mu 2020  zigera  8,639 mu  2021. Ni mu gihe  muri uyu mwaka wa 2022 zimaze kugera 8,660.

 Muri izi mpanuka  raporo igaragaza ko zatwaye ubuzima bw’abantu benshi  nk’aho mu 2020 abagera 687 bapfuye, mu 2021 ni 655 naho mu mwaka wa 2022 ni 629.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Mzee kilalo says:
    December 22, 2022 at 5:54 am

    Hariya hantu hari umuteremuko ukabije ucamo imodoka ziba zimaze kugendabinirometero birenga 1.000. uwahashyize feux rouges yabanyamaguru niwe wateje impanuka. Nizindi xizahaba niba badakuyeho feux rouge zabanyamaguru

    Reply
  • Rangira jean pierre says:
    December 22, 2022 at 10:16 am

    nyakubahwa afande kabera moto ziratumaze rwose zigenda nabi uragera kuri zebra crossing wahagarara ngo abanyamaguru bahite umwe agaca iburyo undi ibumoso bakaba baramugonze ubundi ku depasser banyura aho bashatse iburyo cyangwa ibumoso mudukize amagare hano kicukiro rwose maze imyaka 40 ntwara imodoka ndasaba police ishyireho amahugurwa yabo mvuze ukongeraho n abagore ubona basa n abigira imodoka mu mihanda kandi ari bonyine murakoze murakarama

    Reply

Leave a Reply to Rangira jean pierre Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?