Kugeza ubu, aho Ikigo cy”Igihugu Gishinzwe Uburezi bw’Ibanze(REB) gihagaze, nuko umunyeshuri witwa Abimana Hadjala yahanishijwe igihano kirenze igiteganyijwe.
Inkuru y’uyu munyeshuri wiga mu mwaka wa kabiri w’ishuri Inyange Girls’ School of Science ryo mu Murenge wa Rusiga, akarere ka Rulindo mu Majyaruguru, yatangiye gusakara mu mpera z’icyumweru gishize.
Yamenyekanye bitewe n’ibaruwa y’umubyeyi we yasinyeho yemeza ko yakiriye umwana wirukanwe burundu n’ishuri yigagaho, “kubera kumena amazi ku bikoresho by’ishuri.”
N’ubwo ishuri ritigeze rigaragaza niba ibikoresho by’ishuri Abimana yamennyeho amazi ari ibitabo bikaba byaracitse, cyangwa ibiryo bikaba byarabiteye kubiha, abavuze ku mbuga nkoranyambaga bibanze ku kuvuga ko iki gihano gikabije.
Abenshi bavugaga ko hashoboraga uboneka ikindi gihano gihabwa uyu munyeshuri, kirenze kuburizamo inzozi ze z’amashuri.
Hari n’ababishyiraga ku rundi rwego bakagira bati “ibi ni nko kwicisha isazi inyundo.”
Umuyobozi mukuru wa REB wungirije Dr. Flora Mutezigaju, mu kiganiro kuri KT Radio yabwiye umunyamakuru ko iki gihano kidakwiranye n’ikosa umunyeshuri yakoze.
Yagize ati “hari sitati yihariye igenga abakozi bakora mu nzego z’uburezi, igaragaza ni ryari umunyeshuri yirukanwa, ni ryari umukozi ukora mu burezi bw’ibanze yirukanwa. Dushishikariza abakora mu burezi bw’ibanze kumenya ngo ni ryari umunyeshuri ashobora guhanishwa igihano cyo kwirukanwa burundu. Icyo ngicyo kumena amazi, ntabwo birimo.”
Mutezigaju avuga ko iyo habaye ikintu nk’iki bihutira kuvugana n’ishuri ndetse n’ababyeyi ngo bumve uko iki gihano cyaje, ariko ngo uretse n’ibyo, inama y’ababyeyi n’abarimu iki kibazo iragikemura, bitiriwe bigera ku rwego rwa REB cyangwa Minisiteri y’Uburezi.
Muri Gicurasi 2017, Minisiteri y’Uburezi yashyizeho amabwiriza ashyiraho imirongo migari ishingirwaho n’ishuri mu gushyiraho amategeko ngengamikorere mu mashuri y’Uburezi bw’ibanze.
Ingingo ya 26 y’aya mabwiriza iteganya ko amwe mu makosa ashobora gutuma umunyeshuri
yirukanwa ku ishuri ni nko kurwana, kunywa ibiyobyabwenge, ingengabitekerezo ya Jenoside,ubusambanyi n’ibindi.
Mu gihe umuntu akoze ikosa riteganywa n’andi mategeko ikibazo gishyikirizwa inzego zibishinzwe.
